Biravugwa ko ikipe ya Espoir FC yamaze gusezerera abakinnyi 4 kubera umusaruro nkene bagaragaje mu mikino ibanza ya shampiyona ya 2022-23.
Uyu ni umwanzuro wavuye mu nama ya komite Nyobozi y’iyi kipe yabaye ku wa Gatatu w’iki cyumweru aho basanze hari abakinnyi b’umurimbo bafite.
Abakinnyi bane iyi kipe yahisemo gusezerera bayobowe na Munezero Fiston wagiye muri iyi kipe nyuma y’igihe nta kipe afite.
Hari Byumvuhore Tresor wari wasinyiye Espoir FC amaze kwirukanwa na Rayon Sports.
Iyi kipe kandi igomba gutandukana na ba rutahizamu 2, Drissa Dagnogo utarayitsindira igitego na kimwe kuva shampiyona yatangira, hari kandi na Issa Bigirimana.
Aba bose bakaba bagomba gusezererwa kubera umusaruro batanze mu mikino ibanza ya shampiyona kuko ibyo iyi kipe yari ibatezemo batabibonye.
Espoir FC kandi bivugwa ko iri mu biganiro n’umutoza w’umurundi Niyonkuru Gustave ugomba gusimbura Bisengimana Justin uri mu bihano ashobora kuvamo yirukanwa.
Iyi kipe yo mu karere ka Rusizi, igomba kongeramo abakinnyi babiri gusa ni mu gihe abakinnyi bagera ku 10 bari mu igeragezwa.

Ibitekerezo