APR FC yamaze kwemeza ko yasinyishije abakinnyi babiri b’abanyamahanga, umunyezamu Ernani Siluane na Mamadou Traore.
APR FC ikaba yemeje ko yamaze gusinyisha amasezerano y’imyaka ibiri umunyezamu, Ernan Siluane wakiniraga ikipe ya Black Bulls.
Uyu akaba asanzwe ari n’umunyezamu wa mbere w’ikipe y’igihugu ya Mozambique, akaba aje muri APR FC kuyifasha mu myaka ibiri iri imbere.
APR FC kandi yemeje isinya ry’umukinnyi ukina mu kibuga hagati ukomoka muri Mali, Mamadou Traore.
Mamadou Traore akaba yakiniraga Stade Malien ndetse ari na kapiteni w’iyi aho yanayifashije kugera muri 1/4 CAF cya Champions League.
Aba bakaba biyongereye kubarimo Amani Michel na Ishimwe Christian baheruka kwerekana.
APR FC yasinyishije Mamadou Traore
Ernani Siluane ni umunyezamu mushya wa APR FC

Ibitekerezo