Umutoza Adil Erradi Mohammed wa APR FC uri ku mpera z’amasezerano ye muri iyi kipe, amakuru avuga ko yatangiye ibiganiro n’ikipe ya Simba SC yo muri Tanzania.
Kuba azatandukana n’ikipe ya APR FC byo ntibikiri inkuru kuko abamwegereye yababwiye ko ari wo mwaka wa nyuma atoza ikipe y’ingabo z’igihugu, ahubwo benshi baribaza aho azerekeza.
Uyu mutoza wanditse amateka muri APR FC aho yegukanye shampiyona 2 adatsinzwe, amakuru yatangiye kumwerekeza muri Tanzania.
Ibinyamakuru byo muri Tanzania byanditse ko uyu mugabo yatangiye ibiganiro na Simba SC ngo abe yayerekezamo gusimbura Pablo Franco umaze umwaka wose nta gikombe na kimwe yegukanye.
Adil Erradi Mohammed yinjiye muri APR FC muri 2019, mu myaka 3 ahamaze yayihesheje ibikombe 2 bya shampiyona adatsinzwe no ku mwaka wa 3 afite amahirwe yo kucyegukana ni mu gihe ari ni ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro.

Ibitekerezo