Imibare ntabwo imuvugira! Myugariro mushya Rayon Sports yasinyishije yakinnye 14%
Imibare (statistics) za myugariro mushya wa Rayon Sports, Charles Tchouplaou Prince wakiniraga Casric Stars ntabwo imuvuganira kuba yaza muri iyi kipe ikunzwe mu Rwanda.
Mu ijoro ryakeye ni bwo Rayon Sports yatangaje ko yamaze kumvikana na myugariro wo mu mutima w’ubwugarizi, Charles Tchouplaou ukomoka muri Chad.
Uyu musore w’imyaka 25 akaba yaravukiye Yaounde muri Cameroun ariko akaba akinira Ikipe y’Igihugu ya Chad.
Yakiniraga Casric Stars mu cyiciro cya kabiri muri Afurika y’Epfo aho basoje ku mwanya wa kane muri Shampiyona babura amahirwe yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere.
Uyu mukinnyi, ni umukinnyi wagize umwaka mubi w’imikino wa 2025-26 kuko nta mwanya uhagije wo gukina yabonye, hari n’igihe yaburaga mu bakinnyi babaga bari bwifashishwe ku mukino.
Muri rusange iyi kipe yakinnye imikino 35 harimo 30 ya Shampiyona n’imikino 5 ya FA Cup.
Muri iyi mikino yose yakinnyemo imikino 5 abannza mu kibuga, imikino 12 yari ku ntebe y’abasimbura mu gihe indi 18 atigeze aboneka ku rupapuro rw’umukino.
Muri iyi mikino 5 yabanje mu kibuga, harimo imikino ine ibanza ya Shampiyona, yahise abura umwanya burundu kugeza Shampiyona irangiye. Iyo ushyize ku ijanisha usanga yarakinnye 14.28%.
Akaba aje mu Rwanda muri Rayon Sports aho ashobora kubisikana na Youssou Diagne bisa nk’aho atazongera amasezerano nyuma y’imyaka ibiri ayikiniye.

Ibitekerezo