Siporo

Umunyamabanga wa APR FC yagiye mu butumwa bw’akazi, ushobora kumusimbura

Umunyamabanga wa APR FC yagiye mu butumwa bw’akazi, ushobora kumusimbura

Nyuma y’uko umunyamabanga w’ikipe ya APR FC, Afande Sekaramba Sylvestre yerekeje mu butumwa bw’akazi muri Sudani, Capt Kavuna Elias ni we ushobora kugirwa umunyamabanga mukuru w’iyi kipe.

Afande Sekaramba Sylvestre yari amaze umwaka ari umunyamabanga wa APR FC, ubu akaba amaze iminsi yaragiye mu butumwa bwa ONU bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo.

Amakuru ISIMBI yamenye ni uko nyuma yo kugenda kwa Afande Sekaramba Sylvestre, iyi kipe izamusimbuza Capt. Kavuna Elias.

Iyi kipe ikaba itegereje ko Capt. Kavuna Elias asoza amasomo ye ya gisirikare arimo muri iyi minsi ubundi bakabona kumwemeza nk’umunyamabanga w’iyi kipe.

Muri iyi minsi Tony Kabanda akaba n’umunyamakuru w’iyi kipe, ni we urimo gukora nk’umunyamabanga w’umusigire.

Afande Sekaramba Sylvestre ari mu butumwa bw'akazi muri Sudani
Capt. Kavuna Elias ashobora kugirwa umunyamabanga wa APR FC
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • niyomugabo innocent
    Ku wa 8-09-2020

    ngewe uwomunyamabangandumvantamukunziwa APR f.c utamwemera kbc

  • niyomugabo innocent
    Ku wa 8-09-2020

    ngewe uwomunyamabangandumvantamukunziwa APR f.c utamwemera kbc

IZASOMWE CYANE

To Top