Siporo
Umunyamabanga wa APR FC yagiye mu butumwa bw’akazi, ushobora kumusimbura
Yanditswe na
Ku wa || 1654
Nyuma y’uko umunyamabanga w’ikipe ya APR FC, Afande Sekaramba Sylvestre yerekeje mu butumwa bw’akazi muri Sudani, Capt Kavuna Elias ni we ushobora kugirwa umunyamabanga mukuru w’iyi kipe.
Afande Sekaramba Sylvestre yari amaze umwaka ari umunyamabanga wa APR FC, ubu akaba amaze iminsi yaragiye mu butumwa bwa ONU bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo.
Amakuru ISIMBI yamenye ni uko nyuma yo kugenda kwa Afande Sekaramba Sylvestre, iyi kipe izamusimbuza Capt. Kavuna Elias.
Iyi kipe ikaba itegereje ko Capt. Kavuna Elias asoza amasomo ye ya gisirikare arimo muri iyi minsi ubundi bakabona kumwemeza nk’umunyamabanga w’iyi kipe.
Muri iyi minsi Tony Kabanda akaba n’umunyamakuru w’iyi kipe, ni we urimo gukora nk’umunyamabanga w’umusigire.
Afande Sekaramba Sylvestre ari mu butumwa bw'akazi muri Sudani
Capt. Kavuna Elias ashobora kugirwa umunyamabanga wa APR FC

Ibitekerezo
niyomugabo innocent
Ku wa 8-09-2020ngewe uwomunyamabangandumvantamukunziwa APR f.c utamwemera kbc
niyomugabo innocent
Ku wa 8-09-2020ngewe uwomunyamabangandumvantamukunziwa APR f.c utamwemera kbc