Siporo

Ubutumwa bwa Sefu ku bafana ba APR FC

Ubutumwa bwa Sefu ku bafana ba APR FC

Umukinnyi ukina hagati mu kibuga mu ikipe ya APR FC, Niyonzima Olivier Sefu avuga ko ashimira abafana b’iyi kipe gusa abasaba gukomeza kubagaragariza urukundo kuko nabo nk’abakinnyi batazabatenguha bazabaha igikombe cya shampiyona.

Uyu musore uri mu mwaka we wa mbere muri iyi kipe, aganira na ISIMBI, yavuze ko APR FC ari ikipe nziza kandi witwaye neza wazagera kubyo wifuza byose.

Yagize ati"ni ikipe nziza ifite abayobozi beza batuba hafi, mu bintu byose ndumva ushyizemo imbaraga ukabasha kwitwara neza bagufasha kugera kure."

Yakomeje avuga ko uyu mwaka intego bafite ari ukwegukana igikombe cya shampiyona kandi akaba abona bishoboka byanze bikunze.

Yagize ati"icyizere kirahari kuko ikipe navuga ko ari iya mbere ya Police FC turanganya amanota uretse ko yinjije ibitego byinshi, n’aho ubundi icyizere kirahari kandi byanze bikunze tugomba kukegukana."

Yashimiye abafana b’ikipe ya APR FC uburyo bakomeje kubaba inyuma baba batsinze cyangwa batsinzwe, yabasabye gukomeza kubereka urukundo kuko ari bo mbaraga zabo.

Yagize ati"abafana ba APR FC ndabashimira uburyo batuba inyuma, twanganya, twatsinda, twatsindwa ntibacika intege, nkaba mbasaba ko bagumya bakadushyigikira, umwuka mwiza dufite hagati yacu nabo bawukomeze kuko udutera imbaraga."

Niyonzima Olivier Sefu, yakuriye mu ishuri ryigisha umupira ry’Isonga, yavuyemo muri 2015 yerekeza muri Rayon Sports aho yamaze imyaka ine mbere y’uko mu mpeshyi ya 2019 yerekeza muri APR FC arimo uyu munsi.

Sefu yishimira uburyo nk'abakinnyi babanye n'abafana b'iyi kipe
Yasabye abafana ba APR FC kugumya kubaba hafi
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Ndayishimiye Jean we Dieu
    Ku wa 14-11-2019

    Natwe turashyigikiye nka ekipe yacu

  • Rwakibibi fred
    Ku wa 14-11-2019

    Sefu turamudjuigikiye rwose nibaduhe igikombe tubarinyuma maze gitinyiro yacu ikomeze ibe ubukombe

  • Akimana Marcelline
    Ku wa 13-11-2019

    Ntakizatubuza kubashyigikira rwose haba munvura haba muzuba mumisozi nibibabaya turikumwe turabakunda cyane kuko Equipe niyacu turayikunda nabo nibakomeze baduhe ibyishimo
    Online fan club zone5 ntituzabatenguha habe nagato

  • Akimana Marcelline
    Ku wa 13-11-2019

    Ntakizatubuza kubashyigikira rwose haba munvura haba muzuba mumisozi nibibabaya turikumwe turabakunda cyane kuko Equipe niyacu turayikunda nabo nibakomeze baduhe ibyishimo
    Online fan club zone5 ntituzabatenguha habe nagato

  • Nambajimana Gilbert
    Ku wa 13-11-2019

    Turabakunda cyane kd turabemera. Gusa dukumbuye igikombe cya shapiyona

IZASOMWE CYANE

To Top