Imyidagaduro

Roberto yavuze amagambo akomeye kuri Arthur na Pius bamugobotse ari mu bukene

Roberto yavuze amagambo akomeye kuri Arthur na Pius bamugobotse ari mu bukene

Robert Banda [Roberto], umuhanzi w’icyamamare muri Zambia yavuze ku buryo akimara gushinga urugo yagobotswe bikomeye n’abahanzi bo mu Rwanda, abashimira yivuye inyuma ko atazibagirwa ineza yabo icyo gihe yari afite ubukene bukomeye.

Ni ubutumwa yasohoye yishimira intera yagezeho mu muziki n’amahirwe yamusekeye nyuma y’igitaramo cye cya mbere hanze ya Zambia, yagikoreye mu Rwanda bimufungurira amarembo ku bindi bihugu birenga icumi atangira gusarura amafaranga menshi abikesha umuziki we.

Roberto kuri uyu wa 7 Gicurasi 2019 ubwo yibukaga umunsi yagereye i Kigali ari kumwe n’umugore we mu myaka ine ishize yahaboneye impinduka zikomeye mu buzima bwe ku buryo adateze kubyibagirwa kandi bimuha imbaraga mu bikorwa akora umunsi ku wundi.

Ku nshuro ya mbere yataramiye i Kigali hari tariki 9 Gicurasi 2015. Yari yitabiriye igitaramo cy’urwenya cya “Arthur Amplified”. Yagikoze nyuma y’ibyumweru bitatu gusa akoze ubukwe. Icyo gihe yatumiwe mu Rwanda biturutse ku ndirimbo ye yari ikunzwe bidasanzwe yitwa “Amarula” ari nay o yamuzamuye cyane mu muziki.

Roberto yakomoje kuri ibyo bihe abinyujije kuri Instagram ye, ati “Nibwo nari nkimara kurushinga. Ubukwe n’ibijyanye nab wo byansize iheruheru. Nagiye mu Rwanda mpamagariwe akazi, nari nambaye ikote ryanjye ry’ubukwe nitabira igitaramo cyahinduye urugendo rwanjye mu muziki.”

Yakomeje ati “Ndashimira cyane umuvandimwe Deejay Pius twamenyanye biturutse kuri General Ozzy [Uyu ni umuhanzi ukomeye muri Zambia]. Yampuje na Arthur mu gikorwa cye cy’ibitaramo by’urwenya. Kuva uwo munsi nagenze ibihugu birenga icumi mbasangiza umuziki wanjye.”

“Ndashaka gushimira Imana kungeza aho ndi ubu, niyo izi aho urugendo rwanjye runganisha. Kandi mfite ishimwe ku bushuti nyakuri n’urukundo nyarwo rwa kivandimwe. Umugisha kuri buri wese wagize uruhare mu rugendo rwanjye, uwashyize ukuboko mu mateka yanjye. Twandikana ibitabo by’amateka hamwe. Mugire umugisha utagabanyije.”

View this post on Instagram

On this day In 2015, i took off with my newly wedded wife, for my first I would call International gig in #Rwanda. I was just a few weeks into my marriage. Wedding costs left me super broke. I took off to Rwanda in business calls, dressed in my wedding Jacket for an event that changed my career. Thanks to my brother @deejaypius who I met via @generalozzy. He hooked me up with @arthur_nation Comedy show. Since this day, i have travelled to over 10 👐 countries sharing my music. Just want to thank God for bringing me this far, only he knows where my journey will lead me. And Thanks to true friendship, true brotherly love. Bless everyone that's a part of my journey, a part of my history. We do write history books together. May you be blessed beyond imagination. #SUPERSTAR #Roberto #Zambia #Friends ⛓🗝❤

A post shared by RobertoZambia (@robertozambia) on

Roberto amaze kuza mu Rwanda inshuro nyinshi mu myaka ishize. Yahakoreye ibitaramo bikomeye birimo icyo yavugiyeho imyato Inshuti ze no mu Kuboza 2015, yaje kwitabira igitaramo cyo kumurika album ya Two4Real icyo gihe DJ Pius yaririmbagamo cyane ko umubano wabo utigeze ucogora na magingo aya. Icyo gihe yazanye na mukuru we General Ozzy.

Roberto ni umwe mu bahanzi bo muri Zambia banditse izina ku mugabane wa Afurika. Azwi mu ndirimbo zinyuranye nka “Into U” “Vitamin U” yakoranye na Vanessa Mdee, Teamo yakoranye na Butera Knowless, Amarulah yatumye yamamara n’zindi.

Roberto agera i Kigali bwa mbere mu 2015 yari akunzwe bikomeye mu ndirimbo 'Amarula'
Uyu muhanzi wari wazanye n'umugore we bamaze igihe gito bakoze ubukwe yashimiye Arthur wamuhaye akazi kamugobotse kuko yari akennye
Roberto yavuze ko nyuma y'u Rwanda yabashije kuzenguruka ibihugu icumi
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top