Rayon Sports yerekanye umukinnyi mushya, APR FC yongerera amasezerano myugariro (AMAFOTO)
Rayon Sports yemeje ko yamaze gusinyisha Jonathan Ifunga Ifasso ukomoka muri DR Congo amasezerano y’imyaka ibiri.
Ifunga Ifasso akaba yarageze mu Rwanda ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki ya 15 Nyakanga 2023 aho yaje mu biganiro bya nyuma n’iyi kipe yambara ubururu n’umweru.
Byinshi byari byaraganiriweho icyari gisigaye ni ugukora ikizami cy’ubuzima ubundi agahita asinyira Rayon Sports.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Nyakanga 2023 akaba ari bwo Rayon Sports yamutangaje nk’umukinnyi wayo mushya kugeza 2025.
Ni umukinnyi ukina mu kibuga hagati ariko asatira, akaba aje muri iyi kipe kuziba icyuho cya mwene wabo, Heritier Nzinga Luvumbu bivugwa ko atazakomezanya na Rayon Sports.
Jonathan Ifunga Ifasso 2019-2022 yakiniraga Difaâ Hassan El Jadidi yo muri Maroc yahise asubira iwabo muri DR Congo gukinira AS Nyuki atatinzemo ahita ajya muri AS Simba de Kolwezi.
Ubwo Rayon Sports yasinyishaga Jonathan Ifunga Ifasso, muri mukeba APR FC nabo bongereye amasezerano myugariro wo ku ruhande rw’ibumoso, Niyomugabo Claude.
Uyu mukinnyi wageze muri APR FC 2019 avuye muri AS Kigali, yaisinye imyaka 2 yarangiye 2021 ahita yongera indi 2 nayo yarangiye 2023.

Ibitekerezo