Siporo

Yatsinze ibitego bibiri gusa! Imibare ya Mamadou Traore wumvikanye na APR FC

Yatsinze ibitego bibiri gusa! Imibare ya Mamadou Traore wumvikanye na APR FC

APR FC yamaze kumvikana n’Umunya-Mali, Mamadou Traore watsinze ibitego bibiri mu mwaka w’imikino wa 2025-26.

Imwe mu nkuru zari zigezweho mu cyumweru dusoje, ni uko APR FC yamaze kumvikana n’umukinnyi ukina mu kibuga hagati ariko usatira, Mamadou Traore.

Uyu yari kapiteni wa Stade Malien yasoje ku mwanya wa kabiri muri Shampiyona ya Mali inyuma ya Djoliba AC yatwaye Shampiyona.

Mu mwaka w’imikino ushize wa 2025-26, mu marushanwa yose harimo Imikino Nyafurika, Shampiyona, igikombe cy’Igihugu ikipe ye yakinnye imikino 42.

Muri iyi mikino Mamadou Traore w’imyaka 27 usanzwe ari na kapiteni w’iyi kipe, mu bushakashatsi ISIMBI yakoze ni uko yakinnye imikino 36 abanza mu kibuga, imikino 2 yari ku ntebe y’abasimbura, imikino 4 ntiyabonetse ku rupapuro rw’umukino ni mu gihe yatsinze ibitego bibiri.

Uyu mukinnyi wafashije Stade Malien kurenga amatsinda ya CAF Champions League umwaka ushize, akaba agiye kuza muri APR FC kuyifasha kugera kuri izi ntego.

Mamadou Traore yumvikanye na APR FC
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top