Siporo

Rayon Sports yaryumyeho ku ibaruwa yandikiye FERWAFA yamagana abasifuzi 3

Rayon Sports yaryumyeho ku ibaruwa yandikiye FERWAFA yamagana abasifuzi 3

Rayon Sports yirinze gutangaza byinshi ku ibaruwa bivugwa ko yandikiye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda ko hari abasifuzi 3 batifuza ko bazongera kubasifurira.

Bivugwa Rayon Sports yamaze kwandikira FERWAFA iyimenyesha ko abasifuzi Twagirumukiza Abdul usifura mu kibuga hagati ndetse na Mugabo Eric na Karangwa Justin basifura ku ruhande batifuza ko bazongera kubasifurira bitewe n’amakosa bakunze gukora ku mikino ya bo.

Ubwo ISIMBI yageragezaga kuvugana na Rayon Sports kuri iyi baruwa yatanzwe muri FERWAFA, umuvugizi w’iyi kipe, Nkurunziza Jean Paul yavuze ko abantu barindira ikajya hanze.

Ati “Iyo baruwa se hari iyo wabanye? Warindira ikajya hanze.”

Nubwo birinze kuvuga byinshi ariko amakuru agera ku kinyamakuru ISIMBI ni uko ibaruwa yamaze gutangwa bagaragaza ko aba basifuzi bakunda gukora amakosa.

Banditse ibaruwa nyuma y’uko umutoza Haringingo yitotombeye imisifurire yo ku mukino wa Musanze FC wasifuwe na Twagirumukiza Abdul aho yavuze ko yahaye ikarita itukura Ndizeye Samuel itari yo.

Twagirumukiza Abdul ni umwe mu basifuzi Rayon Sports itifuza
Karangwa Justin, Rayon Sports yamunenze ku mukino wa Kiyovu Sports
Mugabo Eric na we Rayon Sports ntimwifuza
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Nshuti
    Ku wa 1-12-2022

    Abobagabo byo bibaye byiza ntibazongera kudusifurira rwose kbx

  • Augustin
    Ku wa 1-12-2022

    Ubwiratangiye nihamehamwe bayidihe ijyakugura ipfube yarangiza ngwabasifuzi

IZASOMWE CYANE

To Top