Siporo

Rayon Sports ishobora gutandukana na ba rutahizamu 2

Rayon Sports ishobora gutandukana na ba rutahizamu 2

Amakuru avuga ko Rayon Sports nyuma y’imikino ibanza ya shampiyona ya 2022-23 ishobora kuzatandukana na ba rutahizamu 2 bose bakomoka muri Mali, Moussa Camara na Boubacar Traoré kubera umusaruro nkene.

Ni abakinnyi bombi basinyiye Rayon Sports mbere y’uko umwaka w’imikino wa 2022-23 utangira bitezweho gutsindira iyi kipe igitego ariko bisa n’aho byanze.

Boubacar Traoré ni rutahizamu wahawe amahirwe menshi ariko akomeza kugaragaza ko ashobora kuba iyi kipe yaramwibeshyeho aho kugeza ku munsi wa 12 wa shampiyona (yifashishijwe mu mikino 5 kongeraho indi ya gicuti n’irushanwa rya Made In Rwanda) nta gitego na kimwe aratsindira iyi kipe yambara ubururu n’umweru.

Rutahizamu Moussa Camara na we yagarutse muri iyi kipe yaherukagamo 2017, abakunzi ba yo bizera ibitangaza kubera ibihe byiza bari baragiranye.

Amakuru avuga ko yaje mu gihe yari amaze amezi 10 adakina kubera imvune, aza yariyongereye ibiro byinshi, byasabye ko ahabwa igihe ngo barebe ko yasubira mu bihe bye byanatumye atinda gukinira iyi kipe.

Amaze gukinira iyi kipe imikino ya shampiyona itarenze itatu aho yayitsindiye igitego kimwe.

Amakuru aturuka mu ikipe ya Rayon Sports avuga ko yamaze gufata umwanzuro wo kuba muri Mutarama 2023 batandukana n’aba bakinnyi bakajya gushakishiriza ahandi.

Boubacar Traoré yatengushye abakunzi ba Rayon Sports
Moussa Camara ntabwo kuri iyi nshuro yahiriwe muri Rayon Sports
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top