Patriots BBC yabonye itike y’icyiciro gikurikiyeho mu ushaka itike ya BAL
Ikipe ya Patriots BBC nyuma yo gusoza iri iya mbere mu itsinda yari iherereyemo mu mikino y’ijonjora rya mbere mu gushaka itike ya BAL, yahise ibona itike y’icyiciro gikurikiyeho.
Patriots yabonye itike yo guhatanira iyi tike, nyuma yo kwegukana shampiyona umwaka w’imikino 2019-2020.
Ikaba igeze mu cyiciro gikurikiyeho nyuma yo gutsinda imikino yayo yose yo mu itsinda uko ari 4 mu ijonjora ryaberaga Dar es Salaam muri Tanzania.
Yatsinze Dynamo yo mu Burundi amanota 73-64, umukino wa kabiri batsinda Hawassa yo muri Ethiopia amanota 125-50 mbere yo gutsinda JKT yo muri Tanzania amanota 79-65, bakaba baraye batsinze City Oilers yo muri Uganda amanota 74-63.
Icyiciro cya kabiri kizahuriramo amakipe 16, aho ubu hazamuwe amakipe 2 muri buri tsinda aba amakipe 12 hakaziyongeraho amakipe 4 yatsinzwe neza akaba amakipe 16.
Aya makipe 16 azagabanywa mu matsinda 4. Hazavamo amakipe 6 maze yiyongere ku ikipe yatwaye igikombe cya shampiyona mu Misiri, Angola, Morocco, Senegal, Nigeria na Tunisia bityo bazajye mu mikino ya nyuma ya BAL 2020 izaba irimo amakipe 12, irushanwa rizaba muri Werurwe 2020.
Imikino ya nyuma ari nayo izatanga igikombe byitezwe ko izakinirwa i Kigali mu Rwanda mu nyubako nshya y’imikino n’imyidagaduro ya Kigali Arena.

Ibitekerezo