Siporo

Manzi Thierry mu bakinnyi 8 basezewe na FAR Rabat

Manzi Thierry mu bakinnyi 8 basezewe na FAR Rabat

Myugariro w’umunyarwanda ukina mu mutima w’ubwugarizi, Manzi Thierry ari mu bakinnyi basezeweho n’ikipe ya FAR Rabat yo muri Maroc, ni nyuma yo gusoza amasezerano ye.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2022 ni bwo Manzi Thierry yatandukanye n’ikipe ya Dila Gori muri Georgia asinyira FAR Rabat yo muri Maroc amezi 6.

Nyuma yo gusoza aya masezerano, ntabwo FAR Rabat yashimye umusaruro we ku buryo yamwongera andi, ikaba yahisemo kumurekura ngo agende.

Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga za yo, FAR Rabat yasezeye ku bakinnyi 8 batazakomezanya n’iyi kipe bakaba barimo na myugariro w’umunyarwanda, Manzi Thierry.

Uyu mukinnyi mu munsi ishize ni bwo byavuzwe ko ashobora kujya muri Tanzania mu ikipe ya Yanga na bwo ntibyakunze, ni mu gihe byanavuzwe ko ashobora kugaruka muri APR FC.

Manzi Thierry yatandukanye na FAR Rabat
Iyi kipe yasezeye ku bakinnyi 8
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Nzeyimana emmanuel
    Ku wa 25-04-2023

    Kiyovu nitwara championa izangaye

  • Angela
    Ku wa 12-08-2022

    Mwazatubwiye amakuru yumukinnyi ukina muri gasogi witwa Rugangazi prosper anyway turabakunda Cyn hano mumajyepfo mukarere ka Muhanga

  • Ni vicky
    Ku wa 10-08-2022

    niyagarukire murwatubyay kbx muri murera turamwakir

IZASOMWE CYANE

To Top