Manishimwe Djabel ashobora kutitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu bitewe n’imvune yagiriye ku mukino wa APR FC yari yasuyemo Kiyovu Sports muri shampiyona.
Djabel Manishimwe yari ku rutonde ry’abakinnyi 27 umutoza Mashami Vincent yahamagaye yagombaga kuzifashisha ku mukino wa Mozambique na Cameron mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2021.
Uyu musore wagombaga kurara mu mwiherero kimwe na bagenzi be nyuma y’umukino wa Kiyovu Sports, ntiyahiriwe kuko yahuye n’imvune yo mu itako.
Ni imvune yakuye ku mukino w’umunsi wa 8 bari basuyemo Kiyovu Sports, amakipe yombi yanganyije 0-0.
Ubwo umukino wari ugeze ku munota 78 yavuye mu kibuga asimburwa na Ishimwe Kevin hari nyuma yo kuvunika.
Uyu musore yagize ikibazo mu itako ry’iburyo, ndetse amakuru agera ku kinyamakuru Isimbi ni uko uyu musore ahise ajyanwa kwa muganga kugira ngo barebe uko imvune imeze, gusa kwitabira ubutumire bw’ikipe y’igihugu byo ngo ntibyashoboka nk’uko nawe yabyemereye ISIMBI.
Ni uko yasohotse mu kibuga
)
Ibitekerezo
JACK
Ku wa 9-11-2019Pole jabel
Niyonizeye Emmanuel
Ku wa 9-11-2019Murabantu beza mutujyezaho amakur meza ndabashimiy gusa djabel yihagane pee