Siporo

Kiyovu Sports yamanuye intwaro yakiniye amakipe akomeye

Kiyovu Sports yamanuye intwaro yakiniye amakipe akomeye

Umunya-Afurika y’Epfo, Riyaad Norodien arabarizwa i Kigali aho bivugwa ko yaje kurangizanya na Kiyovu Sports ngo abe yayikinira mu mwaka w’imikino wa 2022-23.

Uyu mukinnyi ukina asatira izamu, mu ijoro ryakeye ni bwo yageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe.

Nta byinshi Kiyovu Sports yigeze itangaza kuri uyu musore w’imyaka 27 ariko amakuru ISIMBI yamenye ni uko yaje mu biganiro bya nyuma n’iyi kipe yambara icyatsi n’umweru.

Uyu musore ndetse akaba yanaise atangira imyitozo muri Kiyovu Sports. Yakoze imyitozo mu gitondo cyo kuri wa Kane.

Riyaad Norodien uzwiho kugira amashoti akomeye, muri 2021 yari yasinye amasezerano y’umwaka umwe muri Darling Club Motema Pembe (DCMP) yo muri DR Congo.

Uyu rutahizamu ufite inkomoko muri Algeria (se ni umunya-Algeria), yakiniye amakipe akomeye arimo Orlando Pirates, Ajax Cape Town, Platinum Stars, Cape Town City, Cape Umoya United ndetse na Cape Town Spurs zose z’iwabo muri Afurika y’Epfo.

Uyu mukinnyi kandi yakiniye ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 ya Afurika y’Epfo ndetse n’ikipe y’igihugu nkuru yayihamagawemo, kuva 2017 amaze kuyikinira imikino 2 gusa anayitsindira igitego 1.

Ubwo yageraga ku kibuga mpuzamahanga cy'Indege cya Kigali i Kanombe
Yakiniye amakipe atandukanye kandi akomeye
Yanakiniye ikipe y'igihugu ya Afurika y'Epfo
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top