Imikino 6 irashize Kagere Meddie rutahizamu w’umunyarwanda ukinira ikipe ya Simba SC muri Tanzania, Meddie Kagere atareba mu izamu, bivugwa ko uyu musore afitanye ibibazo n’umutoza w’iyi kipe, Sven Vandenbroeck.
Kuva shampiyona yagaruka nyuma ya COVID-19, tariki ya 14 Kamena 2020, iyi kipe imaze gukina imikino 6 irimo 5 ya shampiyona n’umwe w’igikombe cy’igihugu, muri iyo mikino Kagere Meddie amaze gukina imino 229 akaba nta gitego aratsinda, aheruka gutsinda igtego tariki ya 11 Werurwe 2020 ubwo banyagiraga Singida United 8-0 aho yatsinze ibitego 4. Ubu afite 19 muri shampiyona ni we uyoboye abamaze gutsinda byinshi.
Ibibazo ni byinshi yaba ku bakunzi ba Simba SC bibaza icyo uyu musore yabaye gituma amara imikino ingana itya yose adatsinda igitego, ibintu atamenyereweho, si ibyo gusa asigaye akunda no kuza mu kibuga asimbura.
ISIMBI yagerageje kuvugana n’uyu mukinnyi ariko avuga ko kuri ubu nta kintu na kimwe yatangaza, ngo azagira icyo avuga nyuma ya shampiyona.
Amakuru avuga ko uyu musore atishimiye na gato uko arimo akoreshwa n’umutoza mukuru w’iyi kipe aho asigaye amubanza ku ntebe y’abasimbura kandi nta kibazo na kimwe afite.
Kuko muri iyi mikino uko ari 6 imikino yabanje mu kibuga ni imikino 2, indi ibiri yaje asimbuye mu gihe indi 2 yo atanakandagiye mu kibuga.
Ibi rero bikaba birimo kumubabaza cyane ndetse ngo binakomeje gutya ashobora gufata umwanzuro ukakaye nk’uko Mwanaspoti ibitangaza.
Umukino wa Ruvu Shooting banganyije 1-1 na Tanzania Prisons batsinze 3-0 ni yo mikino Kagere yakinnye imikino 90, umukino wa Mwadui batsinze 3-0 yakinnye iminota 28 n’aho mu mukino wo banganyije na Ndanda 0-0 akina 21.
Uyu musore akaba atagaragaye ku mukino batsinzemo Mbeya City 2-0 no ku mukino w’igikombe cy’igihugu banganyijemo na Azam FC 0-0 yamaze iminota yose yicaye ku ntebe y’abasimbura.
Si Kagere Meddie gusa ufitanye ikibazo n’umutoza we, kuko bivugwa ko uyu mutoza afitanye ikibazo n’abandi bakinnyi barimo kapiteni w’iyi kipe, John Raphael Bocco, Ibrahim Ajibu, Deo Kanda n’abandi.

Ibitekerezo