Nyuma y’imvune yagiriye ku mukino w’umunsi wa 12 wa shampiyona ikipe ye ya APR FC yasuyemo Gicumbi FC, myugariro Mutsinzi Ange Jimmy yatangiye imyitozo ndetse biteganyijwe ko umukino w’abakeba (APR FC vs Rayon Sports) azawukina.
Ni imvune yakuye ku mukino w’umunsi wa 12 wabaye tariki ya 3 Ukuboza 2019 kuri Stade Mumena bakina na Gumbi bakanganya 1-1, uyu musore yaje gusimburwa n’igice cya mbere kitarangiye.
Ubwo umukino warimo uba yaje gusubira inyuma akandagira mu mwobo wari muri iki kibuga ahita awutsikiriramo, yahise avunika bituma adakina umukino w’umunsi wa 13 batsinzemo Gasogi United.
Uyu musore ufatwa nk’imwe mu nkingi za mwamba z’iyi kipe mu bwugaririzi, abakunzi ba APR FC bari bafite ubwoba ko bashobora kumubura ku mukino w’umunsi wa wa 15 ikipe ye izahuramo na Rayon Sports yahozemo.
Uyu musore yamaze gutangira imyitozo aho yayitangiye ku munsi w’ejo ndetse ko n’umutoza arimo kumutegurira uyu mukino uzaba tariki ya 21 Ukuboza 2019.
Amakuru avuga ko umutoza ashobora kutamukoresha ku mukino w’umunsi wa 14 bazakina na Heroes FC mu mpera z’iki cyumweru mu rwego rwo kureka ngo abanze akire neza akazamugarura ku mukino wa Rayon Sports w’umunsi wa 15.

Ibitekerezo
Byiringiro Seraphin
Ku wa 11-12-2019Nonese Emmanuel Mangwende nawe azakina derby?
Muvara
Ku wa 10-12-2019Turishimye nkabafana kuba ange ameze neza
Good recovery boy
Nakabuza tuzatsinda abareyo
Muvara
Ku wa 10-12-2019Turishimye nkabafana kuba ange ameze neza
Good recovery boy
Nakabuza tuzatsinda abareyo
Jacques mahame
Ku wa 10-12-2019Nadufashe agarukane form tuzihanangirize gacanga turanezerewe nkaba fans ba APR fc
Nkaba nanjye mbyumva kimwe numutoza ko umukino ukurira atawukina akabanza akaba fit
Karake gikona
Ku wa 10-12-2019Nibyiza cyane kuba umusore wacu yagarutse aracyenewe kuri le 21.12.2019 âœŒï¸ âœŒï¸