Nyuma y’uko byari byitezwe ko igikombe cy’Amahoro kigomba gutangira ku wa 7 Mutarama 2020, byaje kwigizwa inyuma bitewe n’uko amakipe yose ataramara kwiyandikisha.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’, tariki ya 19 Ukuboza 2019 ryandikiye amakipe yose akina icyiciro cya mbere n’icya kabiri yifuza gukina igikombe cy’Amahoro cya 2020 ko agomba kwiyandikisha bitarenze tariki ya 27 Ukuboza 2019 yitwaje inyemezabwishyu y’amafaranga ibihumbi 100 yo kwiyandikisha.
Nyuma yo kwiyandikisha byari byitezwe ko tombora yari kuba ejo hashize tariki ya 2 Mutarama 2019.
Amakuru avuga ko impamvu tombora itabaye ari uko amakipe hafi ya yose yatinze kwiyandikisha ndetse ko amwe atarananiyindikisha, byatumye FERWAFA yongera igihe cyo kwiyandikisha aho bizarangira tariki ya 13 Mutarama 2019.
Igihe tombora izabere ndetse n’igihe igikombe cy’Amahoro cya 2020 kizatangirira, byo bizatangazwa mu minsi iri imbere.

Ibitekerezo
mugisha
Ku wa 10-01-2020nibabangutse twirebere ruhago kbx
mugisha
Ku wa 10-01-2020nibabangutse twirebere ruhago kbx
-xxxx-
Ku wa 10-01-2020nibabangutse kbx twirebere ruhago
-xxxx-
Ku wa 10-01-2020nibabangutse kbx twirebere ruhago
raja
Ku wa 4-01-2020turabemera Bantu bacu mugumye muduhe ayo makuru
Manzi
Ku wa 4-01-2020Ubwo bivuzeko nakomeza gutinda kitazaba ark ntibakabeshye ngo tombora kuko burigihe APR na Rayon ntizahura Atari final.
Manzi
Ku wa 4-01-2020Ubwo bivuzeko nakomeza gutinda kitazaba ark ntibakabeshye ngo tombora kuko burigihe APR na Rayon ntizahura Atari final.
Niyonsaba j bosco
Ku wa 3-01-2020Ndabakund
Niyonsaba j bosco
Ku wa 3-01-2020Ndabakund