Siporo

Ikiganiro Misitiri wa Siporo yagiranye na perezida wa FIFA

Ikiganiro Misitiri wa Siporo yagiranye na perezida wa FIFA

Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa yakiriye perezida wa FIFA, Gianni Infantino uri mu Rwanda, bakaba bagiranye ibiganiro by’ibanze ku iterambere ry’umupira w’amaguru.

Gianni Infantino ari mu Rwanda aho yitabiriye umuhango wo gutanga ibihembo byo kurwanya ruswa bitangwa na Qatar ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge n’ibyaha (UNODC).

Mu ijoro ryakeye akaba yabonanye na minisitiri wa Siporo hano mu Rwanda, Munyangaju, bakaba bagiranye ibiganiro byerekeranye n’iterambere ry’umupira.

Ni iterambere rizahera mu mashuri mu rwego rwo kuzamura impano z’abakiri bato bagakura bakunda umupira banawukina ku buryo bazakina ku rwego mpuzamahanga.

FIFA yemeje Rwanda mu bihugu 3 by’Afurika bizatangiriramo iyi gahunda izatwara miliyoni 100 z’amadorali y’Amerika.

Munyangaju yakiriye perezida wa FIFA Infantino
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top