Siporo

Bugesera FC yirukanye abakinnyi 18

Bugesera FC yirukanye abakinnyi 18

Amakipe akomeje kugenda yiyubaka yitegura umwaka w’imikino wa 2019-20, ni muri urwo rwego ikipe ya Bugesera FC yiyongereye ku mubare w’amakipe yamaze gusezerera abakinnyi aho yatandukanye n’abakinnyi 18.

Iyi kipe ifashwa n’akarere ka Bugesera ikaba yavuze ko abasezerewe hari bamwe barangije amasezerano abandi bakaba baranenzwe umusaruro muke.

N’ubwo yasezereye aba bakinnyi iyi kipe ikaba yaratangiye kwiyubaka n’ubwo itaratangaza abakinnyi yaguze, ariko bivugwa ko harimo Mugisha Francois Master wakiniraga Rayon Sports. Iyi kipe izerekana abakinnyi mu ntangiriro z’ukwezi gutaha ubwo bazaba batangiye imyitozo.

Iyi kipe kandi yatandukanye n’umutoza Muhire Hassan yamaze gusinyisha uwahoze ari umutoza wa Sunrise, Bisengimana Justin.

Bugesera FC ikaba yinjiye mu mubare w’amakipe amaze gusezerera abakinnyi nka APR FC yasezereye 16, AS Kigali yasezereye 12, Rayon Sports 6 na AS Muhanga 6

Dore urutonde rw’abakinnyi 18 Bugesera FC yasezereye
1. Kwizera Janvier
2. Nsabimana Jean de Dieu
3. Mugenzi Bienvenu
4. Nzigamasabo Steve
5. Nkusi Prince
6. Nimubona Emery
7. Muhire Anicet
8. Irokan Ikechukwu Samson
9. Kayiranga Divin
10. Ndabarasa Trésor
11. Mugwaneza Pacifique
12. Rwigema Yves
13. Ahishakiye Jacques
14. Munyabuhoro Jean d’Amour
15. Ndahinduka Michel
16. Ruberwa Emmanuel
17. Ndayisenga Kevin
18. Rafael Ugbobuaku Chiedozie

Bugera FC yasezereye abakinnyi 18

)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top