Nyuma y’uko ikipe ya APR WBBC isinyishije 2 mu bakinnyi bahoze bayikinira, REG WBBC yasinyishije abakinnyi 4 bavuye muri The Hoops bagomba kuyifasha muri sampiyona.
Nyuma yo gutwarwa igikombe cya shampiyona cy’umwaka ushize, ku ikubitiro APR WBBC yasinyishije Kantore Sandra benshi bita Do Me wakiniraga REG WBBC yabatwaye igikombe bamugarura mu rugo, yanagaruye kandi Umuhoza Akimana Marthe wakiniraga IPRC Kigali.
REG WBBC na yo yagiye ku isoko igura abakinnyi 4 bose bavuye mu ikipe ya The Hoops Rwanda.
REG WBBC yahereye kuri kizigenza Micomyiza Rosine bakunda kwita Cisse, Rutagengwa Nadine, Mwizerwa Faustine na Ramura Munezero bose bari abakinnyi ngenderwaho muri iyi kipe The Hoops Rwanda.
Nyuma yo kumusinyisha, Micomyiza Rosine yagizwe kapiteni wungirije, ni mu gihe kapiteni ari Sandrine Mushikiwabo aho yasimbuye Aisha Issa Kabange.

Ibitekerezo