Siporo

Ange Mutsinzi Jimmy yatangiye imyitozo mu Mavubi (AMAFOTO)

Ange Mutsinzi Jimmy yatangiye imyitozo mu Mavubi (AMAFOTO)

Nyuma yo kugera mu Rwanda, Mutsinzi Ange Jimmy yatangiye imyitozo yitegura imikino 2 yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2023 izakina mu kwezi gutaha.

Amavubi yatangiye umwiherero ku wa Kabiri w’iki cyumweru i Nyamata ni mu gihe imyitozo yatangiye ku munsi w’ejo.

Mutsinzi Ange Jimmy ukinira ikipe ya CD Trofense muri Portugal yageze mu Rwanda ku munsi w’ejo hashize ku wa Gatatu, yatangiye imyitozo uyu munsi ku wa Kane.

Ange na Djihad wari umaze iminsi mu Rwanda nibo bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda bamaze kuhagera, Nirisarike Salomon, Manzi Thierry na Imanishimwe Emmanuel bo bazagera mu Rwanda ku munsi w’ejo ku wa Gatanu, Meddie Kagere azagera mu Rwanda tariki ya 29 Gicurasi 2022 ni mu gihe Rafael York azahurira n’abandi muri Afurika y’Epfo tariki ya 30 Gicurasi.

Amavubi afite imikino 2 uwa Mozambique muri Afurika y’Epfo tariki ya 2 Kamena ndetse n’uwa Senegal tariki ya 7 Kamena mu Rwanda i Huye.

Umunyezamu Kimenyi Yves
Kwizera Olivier ariteguye cyane
Ntwari Fiacre usanzwe ari umunyezamu wa AS Kigali
Mutsinzi Ange Jimmy yatangiye imyitozo mu Mavubi
Asanzwe akina muri Portugal
Ange ahanganiye umupira na Nishimwe Blaise
Myugariro Buregeya Prince yongeye kugaruka mu Mavubi
Omborenga afata akaruhuko muri Gym
Manishimwe Djabel
Nishimwe Blaise wa Rayon Sports
Bizimana Djihad umwiherero wasanze ari mu Rwanda
Hakizimana Muhadjiri muri Gym
Umutoza Carlos Alós Ferrer umutoza w'Amavubi
Carlos aha amabwiriza abakinnyi
Rutahizamu wa Police FC, Ndayishimiye Antoine Dominique mu myitozo w'Amavubi
Myugariro Nsabimana Aimable
Ishimwe Christian usanzwe ukina ku ruhande rw'ibumoso muri AS Kigali
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top