Siporo

Amakipe 6 yo mu Bwongereza yamaze kwikura muri Super League, ashobora gucibwa akayabo

Amakipe 6 yo mu Bwongereza yamaze kwikura muri Super League, ashobora gucibwa akayabo

Nyuma y’igitutu cy’abafana, amakipe 6 yo mu Bwongereza yari abanyamuryango shingiro b’irushanwa rya Euopean Super League yamaze kwikura muri iri rushanwa ndetse bikavugwa ko ryahise riseswa hagiye gutekerezwa ubundi buryo ryavugururwamo.

Ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki ya 18 Mata, nibwo amakipe 12 arimo 6 yo mu Bwongereza Manchester United, Manchester City, Chlesea, Arsenal, Liverpool na Tottenham Hotspurs, atatu yo mu Butaliyani AC Milan, Juventus na Inter Milan ndetse n’atatu yo muri Espagne ari yo FC Barcelona, Real Madrid na Atletico Madrid yatangaje ko zashinze irushanwa ryayo ndetse bakaba ari abanyamuryango nshingiro.

Iri rushanwa rikaba ryaragombaga kuba rigizwe n’abanyamuryango shingiro 15 aho byari biteganyijwe ko Bayern Munich na Paris Saint Germain zizamo ariko zikaba zari zitarasubiza. Byari biteganyijwe ko iri rushanwa rizajya rikinwa n’amakipe 20 ariko 5 akaba azajya aba yatumiwe.

Uyu muryango ukaba uyobowe Florentino Perez usanzwe ari perezida wa Real Madrid.

Iri rushanwa rikaba ryarateje impagaragra cyane aho abantu benshi bahagurutse bagahagarara barimo na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Johnson Boris wasabye aya makipe kubanza gusobanurira abafana bayo mbere y’uko binjira muri iri rushanwa yise iry’umwanda, kandi na we akavuga ko azakorana n’inzego z’umupira kugira ngo iri rushanwa ritaba.

Si ibyo gusa kuko n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi ‘UEFA’ yatangaje ko ikipe izarikina nta rindi rushanwa ryo ku mugabane w’u Burayi izakina ndetse izakurwa no muri shampiyona iwayo, abakinnyi bazarikina bakaba bashobora kutazemererwa kongera gukinira ibihugu byabo nk’uko babyumvikanye na FIFA.

Ibi byose ntacyo byari bitwaye aya makipe, ibintu byaje kuba bibi kurushaho ubwo abafana bayo batangiraga kwigaragambya basaba amakipe bihebeye kurivamo.

Ku ikubitiro ikipe ya Chelsea niyo yabanje gutangaza ko yikuye muri iri rushanwa aho yagize ati”nk’uko byatangajwe muri iri joro, Chelsea yatangiye gutegura uburyo yava muri Europen Super League ku mugaragaro kandi mu buryo bwemewe.”

Macnehster City yagize iti”Manchester City yakwemeza ko mu buryo bwemewe yatangiye gahunda zo kuva mu mushinga warimo utegurwa wa Super League.”

Manchester United iti”Manchester United ntizakina European Super League. Twimvise twitonze abafana bacu, leta y’u Bwongereza n’abandi bafatanyabikorwa. Turakomeza gukorana n’abandi mu muryango wa ruhango kugira ngo haboneke umuti urambye w’ibibazo uyu mukino urimo guhura nabyo.”

Kwikura muri iri rushanwa bikaba byakurikiye iyegura ry’uwari umuyobozi wungirije muri iyi kipe, Ed Woodward umwe mu bari bashyigikiye European Super League.

Arsenal yagize ati”Nyuma yo kubumva n’umuryango mugari wa ruhago, nyuma y’iminsi mike tukaba twikuye muri European Super League. Twakoze ikosa turarisabira imbabazi.”

Liverpool yagize iti” Ikipe ya Liverpool yakwemeza ko uruhare rwacu muri gahunda ziteganijwe zo gushinga European Super League rwahagaritswe.”

Tottenham Hotspurs iti”twakwemeza ko mu buryo bwemewe twatangiye gahunda zo kuva mu itsinda ririmo ritegura gushyiraho European League.”

Kwikura muri iri rushanwa, aya makipe ashobora kuzishyura amafaranga menshi bitewe n’amasezerano bari barasinye kuko harimo ingingo ziyagonga nk’uko Daily Mail yabitangaje.

Andi makuru akaba avuga ko UEFA haba hari ubwumviukane yagiranye n’amakipe yo mu Bwongereza ndetse bayaha n’amafaranga kugira ngo ave muri iri rushanwa.

Ikipe ya Bayern Munich yari itegerejwe nayo kwinjira muri Euopean Super League ikaba nayo yamaze gutangaza ko itazigera yinjiramo.

Kugeza ubu hasigayemo amakipe 6 ari yo Real Madrid, FC Barcelona, Atletico Madrid zo muri Espagne, Juventus, AC Milan na Inter Milan zo mu Butaliyani.

Aya makipe bivugwa ko yafashe umwanzuro gushinga iri rushanwa mu rwego rwo gutesha agaciro UEFA Champions League kuko bavuga ko bahabwa amafaranga make atagize icyo abamariye ugerereranyije n’ibyo baba bashoye cyane ko abaherwe bayo ari bo bihishe inyuma y’ishingwa rya Super League.

Abafana bashyize igitutu ku makipe yabo
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top