Rutahizamu w’umunyarwanda ukinira ikipe ya Simba SC yo muri Tanzania, ku munsi w’ejo we n’abagenzi bakinana bashyikirijwe impano ya moto na telefoni bijejwe n’umuyobozi w’iyi kipe, Mohammed Dewji ubwo begukanaga igikombe cya shampiyona.
Nyuma y’ibyo bakoze mu mwaka ushize w’imikino wa 2018-2019, bagera muri 1/4 cy’imikino nyafurika, ndetse bakanegukana igikombe cya shampiyona, Mohammed Dewji yabijeje ko agomba kubashimira.
Mohammed Dewji, umwe mu baherwe bakiri bato muri Afurika, ukora ubucuruzi cyane cyane ubwa moto, yasezeranyije abakinnyi ko buri mukinnyi agomba kumuha moto bitewe n’ibyo bakoze mu mwaka ushize w’imikino.
Aba basore barimo na rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Meddie Kagere bamaze gushyikirizwa izi moto, telefoni ndetse n’agakoresho gateka umuceri ’rice cooker’.
Meddie Kagere yinjiye mu ikipe ya Simba SC umwaka ushize wa 2018, akaba yarahise aba rutahizamu watsinze ibitego byinshi aho yatsinze 23 afasha ikipe ye kwegukana igikombe cya shampiyona umwaka w’imikino 2018-2019.

Ibitekerezo