AMAFOTO: APR, REG na Patriots zahiriwe n’umunsi wa mbere wa Legacy Tournament
Ku munsi w’ejo nibwo hatangiye irushanwa ngaruka mwaka ry’Umurage ‘Legacy Tournament’, aho amakipe asanzwe akomeye nka REG, Patriots na APR zitigeze zitenguha abakunzi bazo ku munsi wa mbere w’irushanwa.
Iri rushanwa ririmo kuba ku nshuro ya kabiri, ritegurwa na United Generation Basketball ku bufatanye na FERWABA rigamije kwibuka Nyakwigendera Shampiyona Aimable na Nizeyimana Jean de Dieu bashinze ikipe ya UGB., kuri iyi nshuro ryitabiriwe n’amakipe 16.
Amakipe 7 y’abagabo, Patriots BBC, APR BBC, RP- IPRC Kigali na IPRC-Huye z’iri mu itsinda A, naho itsinda B ririmo REG BBC, UGB na Espoir BBC.
Amakipe 3 y’abagore; The Hoops BBC n’Ubumwe BBC, amakipe 4 y’abakanyijijeho ari yo; UGB BBC na CSK BBC z’iri mu itsinda A naho Patriots BBC na Bakolo BBC zikaba mu itsinda B. Mu bakiri bato hari ikipe ya Shooting Touch na Elite BBC.
Irushanwa ryatangiye ku munsi w’ejo aho mu bagabo mu itsinda A, ikipe ya APR yatsinze RP- IPRC Kigali amanota 72 kuri 56. Agace ka mbere karangiye ku manota 13-12, agace ka kabiri karangira ku manota 21-12, agace ka gatatu karangira ku manota 23-17mu gihe agace ka nyuma karangiye ku manota 16-14.
Muri iri tsinda kandi, IPRC-Huye yatsinzwe na Patriots amanota 97 kuri 76. Agace ka mbere karangiye ku manota 4 ya IPRC HUye kuri 24 Patriots, agace ka kabiri karangira ku manota 28 ya IPRC Huye kuri 19 ya Patriots, agace ka gatatu karangira ku manota 23 ya IPRC Huye kuri 27 ya Patriots mu gihe agace ka nyuma karangiye ku manota 11 ya IPRC Huye kuri 27.
Mu itsinda B, REG yatsinze UGB amanota 87-54. Agace ka mbere karangiye ku manota 30-15, agace ka kabiri karangira ku manota 15-09, agace ka gatatu karangira ku manota 23-17 mu gihe agace ka nyuma karangiye ku manota 19-13
Mu cyiciro cy’abakanyujijeho, ikipe ya UGB yatsinze CSK amanota 89 kuri 82. Agace ka mbere UGB yari ifite 27 kuri 24 ya CSK, agace ka kabiri UGB yari ifte 22 kuri 16, agace ka gatatu UGB yari ifte 19 kuri 16, ni mu gihe agace ka nyuma UGB yagasoje ifite 21 kuri 26.
Irushanwa rirakomeza uyu munsi, mu bagore The Hoops irakina RP-IPRC Huye. Mu bagabo APR BBC irakina na RP-IPRC Huye BBC, Espoir ikine na REG mu gihe Patriots iribukine na RP-IPRC Kigali.
AMAFOTO: FERWABA
)
Ibitekerezo