Abakuru batahukanye umwanya wa 3, ingimbi zigera muri 1/4 zikosoye Côte d’Ivoire
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Basketball yegukanye umwanya wa gatatu muri AFROCAN (Igikombe cya Afurika cy’Abakina imbere ku Mugabane) ni nyuma yo gutsinda DR Congo amanota 82-73.
Ni igikombe kimaze iminsi kibera i Luanda muri Angola aho ejo hashize ari bwo cyasojwe cyegukanywe na Maroc yatsinze Côte d’Ivoire ku mukino wa nyuma.
U Rwanda narwo rwaje kwegukana umwanya wa 3 rutsinze DR Congo mu mukino wabanjirije uwa nyuma.
Agace ka mbere karangiye u Rwanda ruyoboye umukino n’amanota 19 kuri 17 ya DR Congo.
Abasore b’u Rwanda babifashijwemo n’abarimo Dick Sano baje kuzamura ikinyuranyo kigera ku manota 5 aho basoje agace ka kabiri ari 38-33.
Iki gihugu cy’abaturanyi cyagarukanye imbaraga nyinshi cyane mu gace ka gatatu byatumye bagasoza banyuze ku Rwanda aho bari bafite 62-57.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu, Ndizeye Dieudonne yahwituye abakinnyi be mu gace ka nyuma aho yanababereye urugero rwiza bituma bakuramo amanota y’ikinyuranyo aho baje no kurangiza batsinze umukino ku manota 82-73, begukana umwanya wa 3.
Ejo hashize kandi ku Cyumweru ubwo u Rwanda rwahanganaga na DR Congo, barumuna babo nabo barimo besurana na Côte d’Ivoire mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 16.
Izi ngimbi zaje gutsinda Côte d’Ivoire amanota 74-69 zihita zikatisha itike ya 1/4. Nubwo rwamaze kugera muri 1/4, rurasoza imikino y’amatsinda uyu munsi rukina na Angola.

Ibitekerezo