Siporo

Abakinnyi babiri ba Rayon Sports mu bakinnyi 7 batemerewe gukina umunsi wa 10 wa shampiyona

Abakinnyi babiri ba Rayon Sports mu bakinnyi 7 batemerewe gukina umunsi wa 10 wa shampiyona

Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu mupira w’amaguru umwaka w’imikino wa 2019-2020 irakomeza uyu munsi hakinwa imikino y’umunsi wa 10, abakinnyi 7 barimo Rutanga Eric na Iragire Saidi ba Rayon Sports nibo batemerewe gukina uyu munsi kuko bujuje amakarita 3.

Uyu munsi hateganyijwe imikino 3, harimo uwitezwe na benshi wo Sunrise FC ku isaha ya saa 15:00’ ku kibuga cya Golgotha igomba kuhakirira APR FC iyoboye urutonde rwa shampiyona.

Mu mikino itanu ya shampiyona imaze kuhakinira ntirahatsindirwa na rimwe, yatsinze imikino 4 inganya umwe na Mukura VS.

Rayon Sports izakira AS Muhanga ku munsi wo ku wa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2019 kuri Stade Regional i Nyamirambo.

Dore imikino y’umunsi wa 10 yose iteganyijwe

Ku wa Kabiri tariki ya 26 Ugushyingo 2019

Heroes FC vs Musanze FC (Stade Bugesera, 15h00)
Gasogi United vs Gicumbi FC (Stade de Kigali, 15h00)
Sunrise FC vs APR FC (Stade Nyagatare, 15h00)

Ku wa Gatatu tariki ya 27 Ugushyingo 2019

SC Kiyovu vs Bugesera FC (Stade Mumena, 15h00)
Police FC vs Marines FC (Stade de Kigali, 15h00)
Mukura VS vs Etincelles FC (Stade Huye, 15h00)

Ku wa Kane tariki ya 28 Ugushyingo 2019

Rayon Sports FC vs AS Muhanga (Stade de Kigali, 15h00)
Espoir FC vs AS Kigali (Stade Rusizi, 15h00)

Dore abakinnyi 7 batemerewe gukina imikino y’umunsi wa 10

1. Rutanga Eric (Rayon Sports FC)
2. Iragire Saidi (Rayon Sports FC)
3. Iyabivuze Osee (Police FC)
4. Rucogoza Aimable (Etincelles FC)
5. Mutebi Rashid (Etincelles FC)
6. Bizimana Joe (Bugesera FC)
7. Ndayishimiye Dieudonne (AS Muhanga)

Rutanga na Saidi mu bakinnyi batemerewe gukina umunsi wa 10
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top