Siporo

Umunyamakuru Clarisse Uwimana yahawe inshingano muri FERWAFA

Umunyamakuru Clarisse Uwimana yahawe inshingano muri FERWAFA

Umumyamakurukazi w’imikino ukunzwe na benshi mu Rwanda ukorera B&B Kigali FM, Clarisse Uwimana yashyizwe muri Komisiyo ya FERWAFA ishinzwe iterambere ry’umupira w’abagore.

Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Ferwafa, yateranye ku wa 8 Ukwakira 2025 ishyiraho Komisiyo ziyigize.

Clarisse Uwimana, nibwo yashyizwe muri Komisiyo y’Iterambere ry’Umupira w’Amaguru w’Abagore nka "Member".

Uwimana Clarisse uretse kuba umunyamakuru, ni umutoza ufite Licence C-CAF ndetse yakinnye muri APR WFC ubwo yari akiri mu mashuri yisumbuye.

Yakoreye kandi ibitangazamakuru bitandukanye birimo Flash FM, City Radio, RadioTV10.

Komisiyo zigize FERWAFA
Clarisse Uwimana yahawe inshingano muri FERWAFA
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top