Rutahizamu w’ikipe y’igihugu na APR RFC, Jacques Tuyisenge wagiriye imvune mu mukino wa ¼ cya CHAN, yasanze mu mwiherero Amavubi arimo kwitegura umukino wa Cameroun na Mozambique, ni mu rwego rwo gukomeza kwitabwaho n’abaganga b’ikipe y’igihugu.
Amvubi arimo kwitegura imikino yo mu itsinda F mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2021 kizabera muri Cameroun.
Jacques Tuyisenge akaba yaragize imvune tariki ya 31 Mutarama 2021 mu mukino wa ¼ cya CHAN, uyu musore yarahawe kumara hanze y’ikibuga ibyumweru 6 akabona gutangira imyitozo.
Uyu rutahizamu akaba yagaragaye mu myitozo y’ikipe y’igihugu aho benshi bahise bibaza niba yakize ndetse umutoza ashobora kumukoresha mu mikino arimo kwitegura.
Gusa siko bimeze kuko uyu rutahizamu yaje mu mwiherero w’ikipe y’igihugu kugira ngo akomeze akurikiranwe n’abaganga b’ikipe y’igihugu.

Ibitekerezo