Siporo

Ronald Koeman yazingishijwe akarago shishi itabona muri FC Barcelona

Ronald Koeman yazingishijwe akarago shishi itabona muri FC Barcelona

Nyuma y’amasaha make atsinzwe na Rayo Vallecano muri shampiyona 1-0, umutoza wa FC Barcelona, Ronald Koeman yahise yirukanwa ku nshingano zo gutoza iyi kipe.

Uyu mutoza wari umaze amezi 14 ari umutoza wa FC Barcelona, urugendo rwe rwasojwe n’amarira mu ijoro ryakeye ubwo yatsindwaga na Rayo Vallecano.

FC Barcelona ni ikipe itarahiriwe n’intangiriro za shampiyona ya Espagne aho mu mikino 10 ifitemo amanota 15 ikaba ku mwanya wa 9 irushwa amanota 6 n’ikipe ya mbere.

Iyi kipe yaherukaga gutakaza umukino w’abakeba (El Classico) aho batsinzwe na Real Madrid mu mpera z’icyumweru gishize nabwo muri shampiyona, ikaba yananiwe gukomeza kwihanganira umusaruro nkene w’umutoza bahitamo gutandukana na we.

Mu itangazo FC Barcelona yashyize ahagaragara, yagize iti “Perezida w’ikipe, Joan Laporta, yamumenyesheje icyemezo nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano. Ronald Koeman azasezera abakinnyi ku wa Kane.”

Umuholandi Ronald Koeman w’imyaka 58, yatoje amakipe arimo ikipe y’Igihugu y’u Buholandi, Everton na Southampton zo mu Bwongereza, Ajax, Benefica n’izindi.

Mu mezi 14 yari amaze muri iyi kipe, yayifashije kwegukana igikombe cy’Umwami ‘Copa del Rey’ ni mu gihe muri shampiyona ya 2020-21 yasoje ku mwanya wa 3 inyuma ya Atletico Madiric na Real Madrid.

Ronald Koeman yirukanywe muri FC Barcelona
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top