Fidele Kajugiro Sebarinda wabaye umunyanakuru w’imikino mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), yitabye Imana azize uburwayi.
Inkuru y’Urupfu rwa Fidele Kajugiro Sebarinda yamenyekanye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena 2026.
ISIMBI yamenye amakuru ko yari amaze iminsi arwaye umugongo, ndetse akaba yari arwariye mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal (King Faisal Hospital) ari naho yaguye.
Fidele Kajugiro Sebarinda akaba ari umwe mu banyamakuru bakunzwe cyane ubwo yakoraga kuri Radio Rwanda by’umwihariko mu Rubuga rw’Imikino.
Yaje gutandukana na Radio Rwanda muri 2011, iby’itangazamakuru asa n’ubishyize ku ruhande, akaba yarahise ajya gukora muri Komite Olempike y’u Rwanda (Rwanda National Olympic), akaba ari ho yakoraga kugeza uyu munsi.

Ibitekerezo