Siporo

REG BBC yegukanye igikombe cy’Intwari itsinze APR BBC

REG BBC yegukanye igikombe cy’Intwari itsinze APR BBC

REG BBC yegukanye igikombe cy’Intwari cya 3 nyuma y’uko yaraye itsinze APR BBC ku mukino wa nyuma w’irushanwa ry’Intwari rya 2020 amanota 71-62.

REG yari yageze ku mukino wa nyuma nyuma yo gutsinda Espoir BBC muri 1/2 amanota 100 kuri 89.

APR BBC yo yari yatsinze IPRC- Kigali muri 1/2 ku munota 88 kuri 80.

Wari umukino wari witezwe na benshi, gusa n’ubundi mbere y’umukino REG ni yo yahabwaga amahirwe yo kwegukana iri rushanwa bitewe n’abakinnyi ifite, ukongeraho n’imikino yaherukaa guhuza aya makipe, ni kenshi REG yatsinze APR BBC.

REG BBC yayoboye umukino kuva ku gace ka mbera kugeza ku nyuma ubwo yatsindaga umukino igahita yegukana igikombe cy’Intwari cya 2020 na sheki y’ibihumbi 500.

Agace ka mbere k’umukino REG yagatsinze ku manota 21 kuri 15 ya APR BBC, agace ka kabiri karangiye REG ifite 46 kuri 32, agace ka gatatu REG yagasoje ku manota 57 kuri 48 mu gihe umukino warangiye ku ntsinzi ya REG y’amanota 71 kuri 62 ya APR BBC. APR BBC yabaye iya kabiri yahawe sheki y’ibihumbi 300.

REG yatsinze APR BBC
REG BBC yegukanye igikombe cy'Intwari cya 3

Mu bagore IPRC Huye ni yo yegukanye igikombe cy’Intwari cya 2020 nyuma yo gutsinda The Hoops amanota 70 kuri 49.

Kimwe no mu bagabo ikipe ya mbere mu bagore yahawe ibihumbi 500 mu gihe iya kabiri ari ibihumbi 300.

REG BBC iki ni igikombe cy’Intwari cya 3 yegukanye nyuma y’icyo yegukanye muri 2018 na 2019. Muri 2016 iki gikombe cyatwawe na Patriots mu gihe 2017 ari IPRC Kigali.

The Hoops(bambaye icyatsi) yahabwaga ntibabashije kwikura imbere ya IPRC Kigali
IPRC Huye ni yo yegukanye igikombe mu bagore
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top