Rayon Sports igiye gusinya amasezerano y’arenga miliyari y’amafaranga y’u Rwanda
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, Rayon Sports iravugurura amasezerano yari ifitanye n’umuterankunga wa yo, Skol aho ari buve kuri miliyoni 200 agere hejuru ya miliyoni 300 ku mwaka.
Ni igikorwa giteganyijwe uyu munsi saa 17h mu Nzove aho iyi kipe ikorera imyitozo ndetse ari naho hari icyicaro cy’uru ruganda.
Amasezerano aheruka kuvugururwa hagati y’impande zombi muri Werurwe 2021, bari basinye imyaka 3 kuri miliyoni 600, Rayon Sports ibona miliyoni 200 ku mwaka ariko yakira amafaranga miliyoni 120 andi akagenda mu bikoresho.
Impande zombi zamaze kumvikana ku buryo zigiye kuvugurura amasezerano amafaranga yahabwaga Rayon Sports akiyongera.
Aya masezerano akaba afite agaciro ka miliyari y’amafaranga y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 3 ni mu gihe ayo izahabwa nka ’cash’ ari miliyoni 800 andi akazagenda mu bikoresho.
Aya mafaranga kandi akaba azafasha Rayon Sports mu kubaka ikipe y’abagore ndetse no gukomeza guha ingufu irerero rya yo.
Rayon Sports igiye kuvugurura aya masezerano nyuma y’uko iheruka kongera amasezerano na Canal, ni mu gihe kandi amakuru avuga ko mu byumweru bitarenze 2 izasinyana n’undi muterankunga mushya.

Ibitekerezo
Rwamiheto collexte
Ku wa 10-07-2022Mugire mukino mwiza muzongere abakimyi beza barakenewe
Rwamiheto collexte
Ku wa 10-07-2022Mugire mukino mwiza muzongere abakimyi beza barakenewe
Rwamiheto collexte
Ku wa 10-07-2022Mugire mukino mwiza muzongere abakimyi beza barakenewe
Rwamiheto collexte
Ku wa 10-07-2022Mugire mukino mwiza muzongere abakimyi beza barakenewe
Claude zege
Ku wa 8-07-2022Mukoneze mubitikorere turabemera Cyn dukeneye igikombe twanze agasuzuguro bahora badutsinda Rey kumutima nomumaraso