Nyuma y’imyaka 4 REG BBC yegukanye igikombe cya shampiyona ihigitse Patriots BBC (AMAFOTO)
REG BBC yatsinze umukino wa 2 w’imikino ya nyuma ya kamarampaka “BKNL Playoffs 2021” ihita yegukana igikombe cya shampiyona yaherukaga 2017.
Aya makipe yombi yahuye ku mukino wa nyuma, akaba yagombaga gutanguranwa imikino 2 muri 3(Best in 3), REG yaje gutsinda 2 yikurikiranya ihita itwara igikombe.
Ku munsi w’ejo REG yari yatsinze Patriots amanota 66-63, uyu munsi yaje kuyisubira iyitsinda amanota 64 kuri 49.
Patriots niyo yinjiye neza mu mukino ibifashijwemo n’abasore barimo Kenneth Gasana, Ndizeye Dieudonne aho byatumye basoza agace ka mbere bayoboye n’amanota 14-11 ya REG BBC.
Agace ka kabiri REG yaje kubigaranzura ibatsinda amanota 17-13 bajya kuruhuka ari 28 ya REG BBC kuri 27 ya Patriots BBC.
Intangiriro z’agace ka gatatu zari nziza kuri Patriots kuko yakomeje kukayobora aho yari yashyizemo n’amanota agera muri 5 ariko mu minota 4 ya nyuma y’aka gace abakinnyi ba REG BBC barimo Adonis, Kaceka na Shyaka Olivier batsinze amanota 3 bituma Patriots BBC isa nivuye mu mukino, aka gace bagasoje ku manota 20-11. Agace ka nyuma REG yagatsinze ku manota 16-11, umukino urangira ari 64-49.
REG ikaba yahise yegukana iki gikombe yaherukaga muri 2017 kuko imyaka 3 yakurikiyeho ari Patriots BBC yacyegukanye, bivuze ko REG BBC ari yo izahagararira u Rwanda mu mikino ya BAL izabera mu Rwanda umwaka utaha.
Mu bagore nyuma y’uko REG itsinze umukino wa mbere The Hoops ku manota 74 kuri 47, ejo hashize ku wa Gatandatu The Hoops yaje nayo kuyitsinda 46- 44 bakaba bari bwisobanure ku mukino wa nyuma ukinwa uyu munsi.
Mu guhatanira umwanya wa 3, mu bagabo wegukanywe na APR BBC yatsinze RP-IPRC Kigali 84-53, mu bagore wegukanywe na RP – IPRC Huye yatsinze APR WBBC amanota 84 kuri 79.
Mu bagabo hakaba hahise hanatangwa ibihembo ku bakinnyi bitwaye neza, aho umukinnyi wugariye neza (best defender) yabaye Kamndoh Betoudje Frank wa Shoot 4 Stars, uwatsinze amanota menshi yabaye Mbanze Brian wa RP – IPRC Huye, uwatsinze amanota 3 menshi yabaye Ndizeye Dieudonne wa Patriots BBC, umukinnyi wazamuye urwego (Most improved Player) yabaye Romain Murenzi Kizito wa UGB ni mu gihe umukinnyi witwaye neza muri shampiyona (Most Valuable Player yabaye Shyaka Olivir wa REG. Umutoza mwiza yabaye Henry Mwinuka wa REG BBC.

Ibitekerezo