Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwemeje ko rwataye muri Uwohoreye Moustapha uzwi nka Ndimbati muri Cinema Nyarwanda ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana.
Ku munsi w’ejo nibwo ISIMBI yabagejejeho inkuru y’uko Ndimbati yasambanyije Kabahizi Fredaus wari utarageza imyaka y’ubukure.
Uyu mwana yaje kumutera inda ndetse amwizeza ubufasha bwo kurera abana byanatumye uyu mukobwa atitabaza ubuyobozi, gusa ngo ibyo yemeye ntabyo yakoze.
Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry yemeje itabwa muri yombi ry’uyu mugabo.
Ati “RIB yafashe umugabo witwa Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati w’imyaka 51 acyekwaho icyaha cyo gusambanya umwana.”
Uyu mugabo akaba afungiwe kuri sitasiyo ya Rwezamenyo mu gihe iperereza kuri iki cyaha akurikiranyweho rigikomeje.

Ibitekerezo
Aimable
Ku wa 10-03-2022Kumutanga Nibyo
Kuko ibyo yeme sibyo yakoze kd ikigaraga nuko atamusabaga ibirenze
Kabebe
Ku wa 10-03-2022Nimwebwe mwamutanze ubuse ziriyampanga asize muzazibeshaho namwe abanyamakuru muraviga ariko haraho mukanya cyane mujye mwirinda gutangaza ikintu cyagira ingaruka mbi kubantu.