Imyidagaduro

N’ibyamamare byabuvuyezeho! Ubutumwa bwa Bamporiki atakambira Perezida Kagame bwasembuye ibitekerezo bya benshi

N’ibyamamare byabuvuyezeho! Ubutumwa bwa Bamporiki atakambira Perezida Kagame bwasembuye ibitekerezo bya benshi

Nyuma y’uko Bamporiki Edouard yanditse asaba imbabazi Perezida wa Repubukika y’u Rwanda ku makosa yakoze yo kwakira ruswa, byasembuye ibitekerezo bya benshi bamusabira kubabarirwa, abandi bamusabira gukanirwa urumukwiye.

Ku wa Kane tariki ya 5 Gicurasi nibwo haje itangazo ry’uko Bamporiki Edouard wari umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco yahagaritswe ku kazi kubera ibyo yakoze agikurikiranyweho.

Nyuma y’aho Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzayaha bwatangaje ko Bamporiki afungiwe iwe aho akurikiranyweho icyaha cya ruswa n’ibindi bisa nkabyo.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Bamporiki Edouard yemeye icyaha maze atakambira Perezida Kagame amusaba imbabazi.

Ati “Nyakubahwa Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame, narahemutse. Umutima wanze kumpa amahwemo. Bavandimwe, nshuti zanjye, namwe abankurikira kuri uru rubuga, nakoze icyaha cyo kwakira indonke. Nkaba ntafite irindi jambo navuga usibye kubasaba mwese imbabazi. Ndatakambye.”

Umwe muri bo witwa Yumva Jean Paul yanditse ati “ Imbabazi z’uwiteka n’abo yahaye ubutware zikubeho, kandi ntukongere gukora ibisa bityo ukundi!”

Perezida Kagame niho yahise aza asubiza ubutumwa bwa Yumva Jean Paul aho yavuze ko ibyo avuga ari byo yumvikana ariko Bamporiki we ahora akora amakosa agasaba imbabazi.

Ati “Ibyo uvuga wowe bifite ishingiro. Kutongera gukora ibisa nk’ibyo yakoze bibi. Bitari uguhora mu bibi ugahora usaba kubabarirwa! Ibya Bamporiki ni ko bimeze. Hari n’abandi bameze gutyo. Umuntu wese yakora icyaha ariko no kukirinda birashoboka. Guhanwa nabyo birafasha !!!”

Ubu butumwa bwasembuye ibitekerezo bya benshi harimo abamusabira kubabarirwa ni mu gihe abandi bavuga ko akwiye gukanirwa urumukwiye.

N’ibyamamare mu Rwanda nabyo byavuze kuri ubu butumwa aho bamusabiye kubabarirwa kuko yaciye bugufi akemera icyaha ndetse agasaba imbabazi.

Umunyamakuru w’imyidagaduro wa RBA, Lucky Nzeyimana yagize ati “Ndakubaha, ndagukunda, nakwigiyeho byinshi harimo no gukunda igihugu, sinzigera nkwanga kubera ko umuntu aremwe mu gukosa ndetse no kwibagirwa, nk’umu Islam nemera ko iyo ukosheje ugasaba imbabazi abo wakoshereje n’Imana ikubabarira!! Imana Ikurinde!”

Yago we yagize ati “Njyewe ndakumva cyaneee kdi rwose gusaba imbabazi ni ubutwari kdi ni ubwenge mu bundi...nanjye nkusabiyeee imbabazi rwose umubyeyi na we nzi neza ko ashyira mugaciro bitari uyu munsi cyangwa ejo ndumva niteguye kumva inkuru nziza y’imbabazi.”

Bamporiki yatakambiye Perezida Kagame
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Pilot
    Ku wa 10-05-2022

    %Nyinshi zigusabira imbabazi, ariko w,ibukeko ijambo ry,Imana rivungo wubahe so na Nyoko Ubashe kuramba mugihugu uwiteka Imana iguha, Imbabazi uzazihabwa na kanyafu kagucyebure ,twese twumvira H.E umubyeyi wacu dukunda Kuko arashishoza ,Umunyafu Nka Minister w,umuco ntiwawuhusha ariko uzahabwa izindi nshingano kuko uwiteka agufiteho ijambo nigihugu cyacu kiragukunda ariko ubabaje Abanyarwanda.
    Uyumuco Wagaragaje simwiza iminsi 40 yigisambo urafashwe ariko wasabye imbabazi bazaziguhe .

  • Pilot
    Ku wa 10-05-2022

    %Nyinshi zigusabira imbabazi, ariko w,ibukeko ijambo ry,Imana rivungo wubahe so na Nyoko Ubashe kuramba mugihugu uwiteka Imana iguha, Imbabazi uzazihabwa na kanyafu kagucyebure ,twese twumvira H.E umubyeyi wacu dukunda Kuko arashishoza ,Umunyafu Nka Minister w,umuco ntiwawuhusha ariko uzahabwa izindi nshingano kuko uwiteka agufiteho ijambo nigihugu cyacu kiragukunda ariko ubabaje Abanyarwanda.
    Uyumuco Wagaragaje simwiza iminsi 40 yigisambo urafashwe ariko wasabye imbabazi bazaziguhe .

  • Pilot
    Ku wa 10-05-2022

    %Nyinshi zigusabira imbabazi, ariko w,ibukeko ijambo ry,Imana rivungo wubahe so na Nyoko Ubashe kuramba mugihugu uwiteka Imana iguha, Imbabazi uzazihabwa na kanyafu kagucyebure ,twese twumvira H.E umubyeyi wacu dukunda Kuko arashishoza ,Umunyafu Nka Minister w,umuco ntiwawuhusha ariko uzahabwa izindi nshingano kuko uwiteka agufiteho ijambo nigihugu cyacu kiragukunda ariko ubabaje Abanyarwanda.
    Uyumuco Wagaragaje simwiza iminsi 40 yigisambo urafashwe ariko wasabye imbabazi bazaziguhe .

  • Ndababonye Etienne
    Ku wa 7-05-2022

    Kwemera ikosa nubutwari, binaguhesha amahirwe menshi yokoroherezwa ibihano,

  • Ndababonye Etienne
    Ku wa 7-05-2022

    Kwemera ikosa nubutwari, binaguhesha amahirwe menshi yokoroherezwa ibihano,

IZASOMWE CYANE

To Top