Imyidagaduro

Mu magambo asize umunyu Miss Bahati Grâce yifurije isabukuru nziza umugabo we

Mu magambo asize umunyu Miss Bahati Grâce yifurije isabukuru nziza umugabo  we

Nyampinga w’u Rwanda 2009, Bahati Grâce yafashije umugabo we Murekezi Pacifique kwizihiza isabukuru nziza mu magambo asize umunyu.

Buri tariki ya 31 Gicurasi, Murekezi Pacifique umugabo Bahati Grâce yizihiza isabukuru y’amavuko.

Ku munsi w’ejo hashize ubwo Murekezi yari yagize isabukuru, umugore we yamufashije kuyizihiza mu magambo yuje imitoma.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga ze nkoranyambaga, Bahati yagize ati "Isabukuru nziza rukundo rwanjye! Uri impano yaturutse ku Mana. Ni amahirwe adasanzwe kuba ndi ku ruhande rwawe nkakubona ukura, ndagukunda kandi nishimiye kuzarerera hamwe umuryango wacu. Ndagukunda!”

Muri Nzeri 2021 ni bwo Miss Rwanda 2009, Bahati Grace yakoze ubukwe bw’agatangaza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’uwo yihebeye Murekezi Pacifique umuhungu wa Fatikaramu wakinnye mu Ikipe ya Rayon Sports.

Bahati Grâce yifurije isabukuru nziza umugabo we mu magambo asize umunyu
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Dinah
    Ku wa 3-06-2022

    Bwar kuba bwiz cyane mburimo peeee?

  • Ishimwe 2pac
    Ku wa 1-06-2022

    Ahaa! kecapu yakuze noneho kanimba arabigira ate?

IZASOMWE CYANE

To Top