Rutahizamu w’umunya-Argentine ukinira PSG mu Bufaransa, Lionel Messi yavuze ko ihangana rye na Cristiano Ronaldo ukinira Manchester United ari kimwe mu bintu byiza yibuka ndetse n’abantu bishimiye bitazibagirana mu mateka ya ruhago.
Messi na Ronaldo bose ni abakinnyi bafashe ibyemezo bikomeye mu mpeshyi ya 2021 aho Messi yavuye muri FC Barcelona yerekeza muri PSG ni mu gihe Ronaldo we yerekeje muri Manchester United avuye muri Juventus, ni nyuma y’imyaka 12 n’ubundi avuye i Manchester.
Nyuma yo kugera mu makipe mashya bose, bagize intangiriro nziza zivanze n’imbi, aho nka Messi byamusabye gutegereza impera z’icyumweru gishize ngo atsinde igitego cya mbere muri shampiyona y’iki gihugu.
Aganira na Marca, Messi yavuze ko Cristiano Ronaldo uburyo yahise amenyera muri Manchester United ndetse agatangira gutsinda ibitego, ngo ni ibintu bidasanzwe.
Ati “United ni ikipe ikomeye ifite abakinnyi beza. Cristiano yari asanzwe ikipe ayizi, ariko ni urundi rwego, yahise yisanga mu bandi mu buryo butangaje. Kuva ku itangiriro yatsinze ibitego nk’ibisanzwe, ntabwo byamugoye kumenyera.”
Abajijwe niba yaba adakumbuye ihangana rye na Cristiano bakina muri shampiyona imwe, yavuze ko bamaze igihe iryo hangana ryarahagaze ariko na none ari amateka azaguma mu mateka y’umupira w’amaguru ku Isi.
Ati “hashize igihe kinini duhagaritse ihangana ryo muri shampiyona imwe. Twarahanganye ku giti cyacu ndetse no ku rwego rw’amakipe duharanira intego imwe. Byari byiza kuri twe no ku bantu kubera barabyishimiye cyane, ni urwibutso rwiza ruzahora itika mu mateka y’umupira w’amaguru.”
Lionel Messi na Cristiano Ronaldo ni amazina yihariye inkuru za ruhago ku Isi mu myaka igera kuri 12 itambutse, bahanganiye ibihembo bitandukanye ndetse banafasha n’amakipe yabo kugera kuri byinshi.
Kuva 2009 Cristiano yava muri Manchester United agiye muri Real Madrid muri Espagne asanzeyo Messi muri FC Barcelona, nibwo ihangana ryabo ryatangiye kugeza 2018 ubwo Cristiano yajyaga muri Juventus.

Ibitekerezo
Mukunzijamari
Ku wa 27-11-2021Kwizeraihangone