Siporo

KCCA vs AS Kigali: 11 ba AS Kigali bashobora kubanzamo

KCCA vs AS Kigali: 11 ba AS Kigali bashobora kubanzamo

Harabura amasa make ikipe ya AS Kigali igakina umukino wo kwishyura na KCCA muri CAF Confederations Cup.

AS Kigali igiye gukina uyu mukino ifie ibitego bibiri by’impamba ni nyuma y’uko umukino ubanza wagombaga kubera i Kigali, KCCA yatewe mpaga y’ibitego 2-0 kuko itari ifite umubare w’abakinnyi buzuye bemerewe gukina uyu mukino, ni nyuma y’uko abakinnyi bayo benshi banduye icyorezo cya Coronavirus.

Ni umukino uri bube uyu munsi ku isaha ya saa 15h z’i Kigali mu Rwanda ubere kuri St Mary’s Kitende.

AS Kigali ikaba igiye gukina uyu mukino abakinnyi bayo bose bahari nta n’umwe ufite ikibazo cyane ko n’ibipimo bya Coronavirus byagaragaje ko bose ari bazima.

Abakinnyi 11 umutoza Eri Nshimiyimana ashobora kubanza mu kibuga

Umunyezamu: Bate Shamiru

Ba Myugariro: Rugirayabo Hassan, Ishimwe Christian, Karera Hassan na Bayisenge Emery

Abakina Hagati: Ntamuhanga Thumaini, Nsabimana Eric na Kalisa Rashid

Ba Rutahizamu: Lawal Abubakar, Hakizimana Muhadjiri na Hussein Shaban Tchabalala

AS Kigali irakina na KCCA uyu munsi
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • Mugisha yusuf
    Ku wa 6-01-2021

    AS Kigali tuyirinyuma barayitsinda 2-1 Ihite ijya mumatsinda

IZASOMWE CYANE

To Top