Abakinnyi ba ruhago bagacishijeho ku rwego Mpuzamahanga, Bacary Sagna wakiniye Arsenal na Javier Matías Pastore wakiniye PSG bari i Kigali mu Rwanda aho bitabiriye umuhango wo Kwita Izina abana b’Ingagi.
Uyu muhango ngarukamwaka wo Kwita Izina abana b’Ingagi, uyu mwaka uzaba ku wa Gatanu, tariki ya 5 Nzeri 2025.
Ku nshuro ya 20 uzaba ubaye hazitwa abana b’Ingagi 40 barimo 18 bavutse mu 2024. Umwaka ushize ni bwo utabaye kubera icyorezo cya Marburg.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 3 Nzeri 2025, ni bwo Umufaransa wahoze ari myugariro w’Ikipe ya Arsenal mu Bwongereza, Bacary Sagna, wayikiniye hagati ya 2007 na 2014 yageze mu Rwanda akaba ari mu bazita izina.
Hari kandi Umunya-Argentine Javier Matías Pastore wakiniye Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa kuva mu 2011 kugeza mu 2018.
Mu bandi bitezwe harimo Umunya-Espagne Luis García [Lucho García] wakiniye FC Barcelone, Atlético Madrid na Liverpool, wamaze guteguza ko ari kwerekeza i Kigali, binyuze mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Instagram.
Kuva umuhango wo Kwita Izina watangira mu 2005, abana b’Ingagi 395, ni bo bamaze guhabwa amazina.

Ibitekerezo