Umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’abato ya Basketball, Kenrik Kabano n’umubyeyi we Rosine Kabano bitabye Imana baguye mu mpanuka y’imodoka yabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Iyi mpanuka ikaba yarabereye muri Leta ya Texas ejo hashize ku wa Mbere tariki ya 20 Mata 2026, icyateye impanuka kikaba kitaramenyekana.
Se, Mike Kabano abinyujije ku mbuga nkoranyamaba ze yababajwe no kumenyesha abantu ko umugore we n’imfura ye bitabye Imana.
Yagize ati "Ku nshuti zanjye n’umuryango, Rosine (umugore we) Imana yamuhamagaye kumwe n’imfura yacu y’umuhungu, Kenrik. Umugore wanjye n’umuhungu wanjye urumuri rwabo ruzahoraho mu mitima yacu iteka. Ndabasabye mudusengere."
Kabano wari ufite imyaka 18, yavukiye Ohio muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri 2008 muri 2023 akaba yarakiniye Ikipe y’Igihugu y’Abatarengeje imyaka 16 mu irushanwa rya 2023 FIBA Africa Under-16.
Akaba yari ku rutonde rw’abakinnyi batekerezwagaho kuzahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 18 mu mikino ya ’U18 Afrobasket qualifiers.’

Ibitekerezo
Ishimwe j.cloude
Ku wa 21-04-2026Hy
Ishimwe j.cloude
Ku wa 21-04-2026Hy
Cyussa jida
Ku wa 21-04-2026Imana izabazure kumunsi wumuzuko twongere kubabona