Hazaca uwambaye! Amarira, agahinda, uduhigo… Ibyaranze imikino 92 yahuje Rayon Sports na APR FC (AMAFOTO)
Harabura amasaha 24 rukambikana hagati y’amakipe abiri y’amakeba hano mu Rwanda, APR FC na Rayon Sports ni umukino uba ushobora kwirukanisha umutoza mu gihe undi aba arimo asingizwa, hazaba ari mu mukino w’umunsi wa 4 wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda umwaka w’imikino wa 2021-2022.
Uyu mukino uzaba kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Ugushyingo 2021 saa 15:00’ kuri Regional i Nyamirambo. Ni umukino amakipe yombi agiye gukina APR FC iri ku mwanya wa 4 n’amanota 6 n’ikirarane cy’umukino umwe, imikino 2 yose yakinnye yarayitsinze, yinjiza ibitego 5 itsindwa igitego 1.
Rayon Sports iri ku mwanya wa 2 n’amanota 7 mu mikino 3 yatsinze ibiri, inganya 1, itsinda ibitego 6 yinjizwa 3. AS Kigali niyo iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 9.
Ni umukino ujya kuba utapfa kuvuga ngo iyi kipe niyo itsinda kuko akenshi usanga ikipe isa n’iri mu bihe bitoroshye ari yo itsinda uyu mukino.
Amakipe yombi agiye gukina uyu mukino nta n’imwe ifte ikibazo cy’imvune gikomeye kuko urebye APR FC izaba yakiriye uyu mukino, abakinnyi bayo bari bamaze igihe mu mvune batangiye imyitozo ndetse bashobora no gukinishwa, barimo Lague wakinnye imikino imwe n’imwe ya gicuti, Jacques Tuyisenge na Mugisha Bonheur nabo batangiye imyitozo. Rayon Sports nayo urebye abakinnyi hafi ya bose barahari uretse umunya – Maroc, Ayoub ufite ikibazo cy’imvune ariko na we yatangiye imyitozo.
Umukino uheruka guhuza amakipe yombi wabaye tariki ya 16 Kamena 2021 mu mikino wa shampiyona umwaka w’imikino wa 2020-2021, APR FC yatsinze Rayon 1-0 cya Ishimwe Anicet wari winjiye mu kibuga mu minota ya nyuma asimbura, ni umukino wabereye kuri Bugesera Stadium.
Amateka y’imikino 92 imaze guhuza aya makipe yombi
Aya makipe agiye guhura ku nshuro ya 93 nyuma y’imyaka 53 Rayon Sports ishinzwe na 28 APR FC ishinzwe.
Mu 1968, imyaka 53 irashize ikipe ya Rayon Sports ishinzwe, yashingiwe i Nyanza mu Magepfo y’u Rwanda ikaba ari ikipe y’ubukombe ifite abafana benshi mu gihugu imaze kwegukana ibikombe 9 bya shampiyona aho icyo iheruka yagitwaye mu mwaka w’imikino wa 2018-19. Ifite kandi ibikombe 9 by’Amahoro na 1 cya CECAFA Kagame Cup.
APR FC, ikipe y’ingabo z’igihugu cy’u Rwanda, yashinzwe mu 1993, imyaka 28 irashize iyi kipe ishingiwe ku Mulindi wa Byumba. Igitekerezo cyo kuyishinga cyazanywe n’ingabo za APR (Armée Patriotique Rwandaise ubu zahindutse RDF) zari iz’ishyaka rya FPR Inkotanyi, icyo gihe zari ku rugamba rwo kubohoza igihugu. Ubu iyi kipe ni yo ifite ibikombe byinshi bya shampiyona aho ifite 19, bibiri biheruka yabitwaye idatsinzwe umukino n’umwe, ifite kandi ibikombe 8 by’Amahoro na 3 CECAFA Kagame Cup.
Umukino uhuza aya makipe uretse ihangana ry’abakinnyi n’abatoza mu kibuga, usanga n’abafana baba bawukaniye kuruta abakinnyi babihemberwa.
Kuva mu 1995, APR FC na Rayon Sports zimaze guhura inshuro 92 harimo imikino ya shampiyona, igikombe cy’Amahoro n’andi marushanwa. Ni amakipe utapfa kumva yakinnye umukino wa gishuti.
Muri izi nshuro zose APR FC ni yo yatsinze imikino myinshi kuko yatsinze 40, Rayon Sports igatsinda 29 banganya inshuro 23.
Muri izi nshuro kandi ikipe ya APR FC niyo yatsinze ibitego byinshi mu izamu rya Rayon Sports kuko mu bitego 250 bimaze kuboneka muri uyu mukino APR FC yinjije 130 n’aho Rayon Sports yinjiza 120.
Si kenshi uzasanga aya makipe imwe yatsinze indi imikino ibiri yikurikiranya gusa APR FC niyo yabigezeho bwa mbere muri shampiyona umwaka w’imikino 2005/2006 tariki ya 23 Ukwakira 2006 ubwo yayitsindaga 3-0 ikaza kuyisubira tariki ya 1 Gashyantare 2007 iyitsinda 4-1 mu mukino wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ ryari rimaze ryemewe na FIFA.
Rayon Sports yatsinze APR FC imikino 2 yikurikiranya mu mwaka w’imikino wa 2015/2016 ubwo yayitsindaga ibitego 4-0 hari tariki ya 3 Gicurasi 2016 muri shampiyona (byari inshuro ya kabiri iyitsinze 4-0 no muri 2013 byabayeho) iyisubira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro tariki ya 4 Nyakanga 2016 iyitsinda 1-0.
Rayon Sports niyo ifite agahigo ko gutsinda uyu mukino ibitego byinshi aho imaze kuyitsinda inshuro 2 ibitego 5-2.
Bwa mbere byari tariki ya 3 Ugushyingo 1996 mu mukino wari wateguye n’icyahoze ari kaminuza y’u Rwanda ‘NUR’ mu rwego rwo gukusanya amafaranga yo gusana ibyangiritse kubera inkongi y’umuriro muri iyi kaminuza.
Indi nshuro APR FC yatsinzwe na Rayon Sports 5-2 ni tariki ya 26 Ukwakira 1997 mu mukino wo gushyikiriza Rayon Sports igikombe cya shampiyona yari yegukanye.
Muri 2017 ni wo mwaka aya makipe yahuye inshuro nyinshi kuko yahuye inshuro 5. APR FC yatsinzemo 2, tariki ya 21 Mutarama 2017 muri shampiyona 1-0, yongera tariki ya 1 Gashyantare 2017 mu mukino w’ikombe cy’Intwari.
Rayon Sports nayo yatsinzemo 2, tariki ya 16 Nzeri 2017 iyitsinda 1-0 mu irushanwa ry’Agaciro cyatsinzwe na Rutanga Eric na tariki 23 Nzeri 2017 mu mukino w’igikombe kiruta ibindi mu gihugu ‘Super Cup’ batsinzemo 2-0. Aya makipe akaba yaranganyije umukino wa shampiyona wabaye tariki 25 Gicurasi 2017 igitego 1-1.
Ibi byahise bikuraho agahigo ko muri 2014 ubwo bahuragamo inshuro 4 APR FC itsindamo inshuro 2, Rayon Sports 1 bakanganya imwe.
APR FC niyo iheruka gutsinda umukino uheruka guhuza amakipe yombi wabaye tariki ya 16 Kameana 2021 muri shampiyona umwaka w’imikino wa 2020-21, yawutsinze 1-0.
Abakinnyi bakiniye amakipe yombi n’abigaragaje muri uyu mukino
Jimmy Gatete ni we rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri uyu mukino dore ko yakiniye amakipe yombi. Yatsinze ibitego 8 aho buri kipe yayitsindiye 4.
Masudi Djuma utoza Rayon Sports na Issa Bigirimana wakiniye APR FC ubu akaba nta kipe afite, ni bo batsindiye APR FC ibitego byinshi aho buri umwe yayitsindiye 5, Sina Jerome wakiniraga Rayon Sports yatsinze ibitego 6 muri uyu mukino.
Nizigimana Karim Mackenzie, Iranzi Jean Claude, Sekamana Maxime, Bashunga Abouba, Mitima Isaac na Mushimiyimana Mohammed ubu bakinira Rayon Sports ariko bahoze muri APR FC.
Manishimwe Djabel, Bizimana Yannick na Mugisha Gilbert ni abakinnyi ba APR FC bahoze bakinira Rayon Sports.
Uretse aba bagikina muri aya makipe hari n’abandi bayavuyemo bakina ahandi ariko bayakiniye yombi nka; Usengimana Faustin, Ndayishimiye Eric Bakame, Bizimana Djihad, Haruna Niyonzima, Irambona Masudi Djuma(ubu ni umutoza), Rwatubyaye Abdul, Nova Bayama, Yannick Mukunzi, Eric Tuyishime Conolais, Nshuti Dominique Savio, Ngabo Albert, Nsengiyumva Mustapha, Jeannot Witakenge(yitabye Imana), Bokota Kamana Labama, Kimenyi Yves, Rugwiro Herve, Nshimiyimana Amran, Nizeyimana Mirafa, Rutanga Eric, Fuade Ndayisenga, Muganza Isaac, Imanishimwe Emmanuel, Manzi Thierry, Niyonzima Olivier Sefu, Mutsinzi Ange Jimmy na Bukuru Christophe n’abandi.
Davis Kasirye umugande wakiniye Rayon Sports mu mwaka w’imikino wa 2015/2016 ni we wabashije gutsinda ibitego 3 mu mukino umwe ‘hat-trick’, ibi yabikoze tariki ya 3 Gicurasi 2016 mu mukino wa shampiyona ubwo Rayon Sports yanyagiraga APR FC 4-0.
Umutoza washoboye gutoza imikino myinshi hagati y’aba bakeba ni Raoul Shungu watozaga Rayon Sports, wabashije gutoza imikino 16 yahuzaga aya makipe abasha gutsindamo 7, atsindwa 4, anganya 5.
APR FC na Rayon Sports zigiye gukina uyu mukino zose zifite abatoza bagiye gutoza uyu mukino barawutsinze inshuro 2. APR FC ifite umunya-Maroc, Adil Mohammed Erradi winjiye muri iyi kipe muri Nyakanga 20219, akaba yaratoje imikino 2 ya shampiyona yahuje aya makipe, umwe wabaye mu Kuboza 2019 yawutsinze 2-0, undi wabaye muri Kamena 2021 awutsinda 1-0.
Rayon Sports kandi ifite umutoza Masudi Djuma na we watsinze uyu mukino inshuro 2, uwa mbere yawutsinze muri Gicurasi 2016 hari muri shampiyona atsinda 4-0, undi awutsinda muri Nyakanga 1-0, hari ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro cya 2016.

Ibitekerezo