FERWAFA yatewe imijugujugu nyuma yo kugarura mu nshingano umunyamabanga wa yo
Nyuma y’uko FERWAFA itangaje ko Muhire Henry, umunyabanga wa yo yagarutse mu nshingano nyuma yo guhagarikwa by’agateganyo kubera amakosa yakozwe mu kazi ke, yibasiwe n’abatari bake bavuga ko uku ari ugutsindwa kuri yo.
Tariki ya 20 Kamena 2022 ni bwo FERWAFA yasohoye itangazo rihagarika by’agateganyo Muhire Henry kubera amakosa yagaragaye mu kazi ke.
Uyu mugabo bivugwa yashinjwaga kuba yarasinyanye amasezerano n’uruganda rwa Masita yo kwambika ikipe y’igihugu ubuyobozi bwa FERWAFA butabizi, kugeza aho uru ruganda rwohereje imyenda hakabura uyikura muri MAGERWA kubera ko FERWAFA yanze kuyikurayo kuko itari izi iby’ayo masezerano, bivugwa ko yafashe ideni mu izina rya FERWAFA kugira ngo ayikureyo.
Muhire Henry yahagaritswe kandi nyuma y’amakosa yagiye agaragarwaho harimo nk’iriheruka ryo gufata umwanzuro wo gutera mpaga ikipe ya Rwamagana City ngo itazakina 1/2 na Interforce ayo mahirwe agahabwa AS Muhanga.
Rwamagana City yarajuriye ndetse basanga uwo mukinnyi bivugwa ko afite amakarita 3 y’umuhondo ntayo afite (Mbanze Josua) maze iyi kipe ihabwa ubutabera.
Iki kirego cya Rwamagana City cyatumye Nzeyimana Felix wari umukozi ushinzwe amarushanwa n’umusifuzi Java bahita bafungwa. Felix ngo yabwiye uyu mufuzi gukora raporo mpimbano igaragaza ko umukinnyi wa Rwamagana City, Mbanze Josua yabonye ikarita y’umuhondo ku mukino wa Nyagatare watumye yuzuza amakarita 3 y’imihondo ndetse amwizeza ko nibicamo azamureba.
Ibi byose ariko Felix bivugwa ko yabikoraga abisabwe na Muhire Henry, umunyamabanga wa FERWAFA.
Nyuma y’uko FERWAFA itangaje ko Muhire Henry yagaruwe mu mirimo, benshi bahise bayibasira bavuga ko batumva uburyo yagarurwa mu nshingano kandi ari we nyirabayazana.
Today, 05th July 2022, FERWAFA has reinstated Mr. Muhire Henri Brulart as General Secretary after the end of suspension period.
— Rwanda FA (@FERWAFA) July 5, 2022
😆😆😆😆😆 imbeba ngo yakurikiye akaryoshye munsi yibuye ihakura inda yakabati
— Mind Set🇷🇼🇹🇿🇺🇬🇰🇪 (@mind_set20) July 5, 2022
😂😂😂😂😂 akaruta akandi karakamira koko
— Mr Rock #Team PK🇷🇼 (@MrRock_1) July 5, 2022
This is a failure to you @FERWAFA and @OlivierNMugabo and shame on @Rwanda_Sports nigute umuntu nkuyu wakoze amakosa angana atya koko mutinyuka kumusubiza kumirimo koko tuvuge ko habuze abandi bashoboye akazi kuruta uyumunyamafuti wumurya ruswa shame on you all
— Ndamaze (@ndamaze112) July 5, 2022
Agakino ka @FERWAFA na @HenryMuhireh nakamaramaaza mudufashe ntimumuhe contract ariko niba arumwere kd murekuze nabagenzibe bafunze bazira amanyanga ye @FERWAFA munteje rohombi uyumunsi pe
— Ndabivuga Ntabanga (@NNtabanga) July 5, 2022
Ntago namucira iteka gusa na mr @HenryMuhireh amenyeko amakosa adakosozwa andi kandi nawe numuntu wumugabo ntaziture hasi ngo ahereyo, nabadukane ingoga nawe Atange umusanzu we mukurwubaka apana kurusambura. #Tsinda
— 🅰️🅱️🅱️🅰️👷🏽🇷🇼🇰🇷 (@Abbaaa01) July 5, 2022
Umva ko Olvier yigenje icyo nzicyo dutegereje next episode, abagabo bararutanwa
— murisa maurice (@murisamaurice) July 5, 2022
Ubwonyine amakosa yakoze muyahay umugisha !!!
— Charles Epa (@CharlesEpa10) July 5, 2022
😂😂😂😂 ahoyonnye ihoramo nubundi ntacyo mucyemuye singaha ahonibereye😂😂😂
— Ndihokubwayo Emmanuel (@Ndihoku65004864) July 5, 2022
Aha niho utinyira rwose gusa umupira mwawugize ukomushaka
— Bernard Rudasingwa (@BernardRudasin1) July 5, 2022
Football ni akarwa kari kuruhande kayobowe ni umuntu ntavuzi, "aho umuntu avuna umuheha bakamwongeza undi" icyo nisabira President Olivier nuko yava muri ibi bintu akisubirira muri Business ze!
— Sport_Update 🇷🇼 🏀 ⚽️ (@IndengeN) July 5, 2022
Ubu bivuze ngo @HenryMuhireh atsinze igitego cyumutwe shebuja @OlivierNMugabo wamujyanye muri RIB none ba Java bari mabuso
— Ndabivuga Ntabanga (@NNtabanga) July 5, 2022
Mukomeje kutwicira umupira koko
— Itangishaka Jean Pierre (@itangishaka_j) July 5, 2022

Ibitekerezo