APR FC na Rayon Sports ni wo mukino uhenze mu bihugu 5 by’Afurika y’Iburasirazuba, uko izindi "Derby" zihagaze (AMAFOTO)
Ibiciro by’umikino uhuza Rayon Sports na APR FC kuri uyu wa Kane mu mukino wo kwishyura wa 1/2 cy’igikombe cy’Amahoro bikomeje kuvugisha benshi, uyu akaba ari wo mukino uzaba uhenze muri Afurika y’Iburasirazuba.
Uyu mukino uteganyijwe ku wa Kane tariki ya 19 Gicurasi 2022, ibiciro bya wo bikomeje kuvugisha benshi aho bamwe batumva ukuntu iyi kipe y’ingabo z’igihugu yatumbagije ibiciro bene aka kageni.
Itike ya make ni ibihumbi 10, ahatwikiriye ni ibihumbi 20, mu myanya y’icyubahiro ni ibihumbi 30 ni mu gihe VVIP ari ibihumbi 50.
Ibi biciro bitavuzweho rumwe benshi babifashe nko gukanga abafana ba Rayon Sports ngo batazaza ari benshi kuri uyu mukino uhuruza n’iyonka.
Ibi byatumye ISIMBI ifata umwanya ireba ku mikino y’agapingane muri aka Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, aho mu bihugu 5 yabashije kubonera amakuru, uyu mukino wa APR FC azaba ari wo uhenze, itike ya menshi mu Burundi inganya agaciro n’itike make kuri uyu mukino.
Ni amakuru yabashije kubona yifashishije abanyamakuru b’imikino muri ibyo bihugu.
Uganda: KCCA vs Villa
Umukino uhuza KCCA na Villa SC ni wo mukino wa mbere ufatwa nk’agapigangane muri Uganda nubwo hari indi mikino, uyu kandi ni wo mukino uba uhenze.
Ibiciro bikunze guhindagurika, gusa itike ya make iba ari hagati y’amadorali 7 n’ 10 (7150 & 10200 frw) ni mu gihe mu myanya y’icyubahiro ari amadorali 15 (15300 frw).
Kenya: Gor Mahia vs AFC Leopards
"Mashemeje Derby" nk’uko uyu mukino uhuza Gor Mahia na AFC Leopards bawutazira, ni wo mukino w’agapingane urebwa n’abantu benshi muri Kenya.
Ni umukino iyo urebye ku biciro uba udahenze kuko nk’umukino uheruka kubahuza tariki ya 8 Gicurasi 2022 bakanganya 1-1, itike ya make yari amashilingi 200 ni ukuvuga amafaranga y’u Rwanda 1800, ni mu gihe muri VIP yari amashilingi 500 ahwanye n’amafaranga y’u Rwanda 4400. Iyo uyu mukino wahenze aba ari amadorali 2 n’amadorali 5 (2000 na 5100 frw).
Tanzania : Simba SC vs Yanga
Uyu ni umukino uzwi cyane muri Tanzania ukaba umaze no kurenga imbibi z’iki gihugu.
"Kariakoo Derby", ni na wo mukino urebwa n’abantu benshi muri Tanzania. Itike ya nyuma iba ari ibihumbi 5000 by’amashilingi ya Tanzania (2200 frw), 10000 Tz sh (4400 frw), 15000 Tz sh (6600 frw), 20000 Tz sh (8800 frw) na 30000 Tz sh (13300 frw).
Burundi: Musongati vs Flambeau du Centre
Ubusanzwe mu Burundi, umukino uhuza Inter Stars na Vital’o ni wo mukino ukomeye w’agapingane muri iki gihugu, gusa bitewe n’uko Inter Stars yamanutse mu cyiciro cya kabiri, ubu Flambeau du Centre na Musongati niyo Derby yigaruriye igihugu.
Uyu mukino ni wo urebwa na benshi ndetse usanga ari na wo uba uhenze aho itike ya make aba ari amafaranga ibihumbi 2 by’amarundi (1000 frw), ibihumbi 5 by’amarundi (2500 frw), ibihumbi 10 by’amarundi (5000 frw) ni mu gihe itike ya menshi aba ari ibihumbi 20 by’amarundi (10000 frw).
Ibi biciro si ihame, ngo bijya bihinduka bitewe n’ikipe yakiriye ariko na none ngo iyo bibaye ntabwo byiyongeraho amafaranga menshi.

Ibitekerezo
Uwizeyimana jean claude
Ku wa 17-05-2022Ndumufanawa Peri FC
Uwizeyimana jean claude
Ku wa 17-05-2022Ndumufanawa Peri FC
Uwizeyimana jean claude
Ku wa 17-05-2022Ndumufanawa Peri FC
Mazimpaka ngerero
Ku wa 17-05-2022Akeza karigura ,ugomba guhabwa agaciro nyine