Umunyarwanda Mugisha Samuel avuga ko ari ibintu bibabaje kuva mu isiganwa ritarangiye ariko na none akaba nta kindi yarenzeho kuko ari uburwayi.
Mugisha Samuel ukinira ikipe ya ProTouch yo muri Afurika y’Epfo nayo irimo gusiganwa muri Tour du Rwanda 2022, mu buryo butunguranye byatangajwe ko yavuye mu isiganwa ryari rigeze ku gace ka 6 kubera uburwayi.
Mu kiganiro kigufi uyu mukinnyi yahaye ISIMBI, yavuze ko byatewe n’uburwayi bwa Malaria ndetse ko ari ibintu bibabaje ariko na none ntacyo yabihinduraho.
Ati “byatewe n’uburwayi. Narwaye Malaria. Urumva ntabwo bishimishije kuba nacikirije isiganwa byambabaje. Gusa na none umuntu agomba kubyakira kuko ntabwo umuntu aba yiteguye kurwara.”
Si Mugisha Samuel gusa wavuye mu isiganwa kuko n’umubiligi, Stockman Michiel ukinira Saris Rouvy Sauerland Team yavuyemo.
Hari kandi na Laurance Axel, umufaransa ukinira B&B Hotels na we akaba yasezeye mu isiganwa.
#TdRwanda22 Stage 6
📍 Bad news📍
Former yellow jersey holder Axel Laurance @BBHOTELS_KTM has abandonned pic.twitter.com/rcGa7wnmUo
— 𝗧𝗼𝘂𝗿 𝗱𝘂 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 🇷🇼🚴🏾 (@tour_du_Rwanda) February 25, 2022

Ibitekerezo