Siporo

Abarenga miliyoni 30 bamaze gusinya basaba ko Kylian Mbappe ava muri Real Madrid

Abarenga miliyoni 30 bamaze gusinya basaba ko Kylian Mbappe ava muri Real Madrid

Ibintu bikomeje kuba bibi ku Mufaransa ukinira Real Madrid, Kylian Mbappe ni nyuma y’uko abakunzi b’iyi kipe barenga miliyoni 30 basinye basaba ko yirukanwa nubwo amasezerano ye azageza 2029.

Ni nyuma y’uko batanyuzwe n’imyitwarire ye yo hanze y’ikibuga n’umusaruro arimo guha Los Blancos.

Ubu burakari bwazamuwe n’uko uyu mukinnyi utarimo gukina kubera imvune, ikipe ye ikaba itarimo kwitwara neza yashyize hanze amafoto ari kumwe n’umukunzi we w’umutaliyanikazi, Esther Esósito bagiranye ibihe byiza.

Uyu rutahizamu usanzwe ashinjwa kudakinana na bagenzi aho aba ashaka kwitsindira bigatuma ikipe ititwara neza kuko hari ibitego ahusha yakabaye atanga umupira bagenzi be bagatsinda, abakunzi b’iyi kipe aya mafoto yabibukije n’ibyo byose.

Hahise hashingwa urubuga bifuza imikono 200 gusa kugira ngo basabe ko Kylian Mbappe yasohoka muri Real Madrid, gusa nyuma y’amasaha 48 imikono yamaze kurenga miliyoni 30.

Kylian Mbappe wageze muri Real Madrid muri Kamena 2024 avuye muri Paris Saint-Germain y’iwabo mu Bufaransa, amaze kuyitsindira ibitego 85 mu mikino 100.

Kylian Mbappe ntabwo yorohewe muri Real Madrid
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top