Myugariro w’Amavubi ukinira ikipe ya Colorado Springs Switchbacks FC muri America, Rwatubyaye Abdul na rutahizamu Meddie Kagere wa Simba SC bamaze kugera mu Rwanda aho bitabiriye ubutumire bw’ikipe y’igihugu.
Aba bakinnyi babanjirije abandi bakina hanze kuza kwitegura umukino u Rwanda ruzakina na Cape Verde tariki ya 11 Ugushyingo muri Cape Verde ndetse na tariki ya 17 Ugushyingo mu Rwanda, ni mu gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2022.
Aba bakinnyi kuba baje mbere ni uko batarimo gukina bafasha amakipe yabo muri shampiyona cyane umwe we shampiyona yarasojwe.
Rutahizamu Meddie Kagere akaba yitabiriye ubutumire bw’Amavubi nyuma y’uko atarimo gukina muri Tanzania bitewe n’imvune yagize tariki ya 4 Ukwakira mu mukino wa shampiyona.
Uyu musore akaba aje ngo akomeze akurikiranwe n’abaganga b’ikipe y’igihugu barebe ko yazakina umukino wa Cape Verde.
Uyu mukinnyi akaba yaraye ageze mu Rwanda saa 19h, ubu akaba ari mu kato kuri Dove Hotel ku Gisozi.
Rwatubyaye na we akaba yageze mu Rwanda nyuma y’uko shampiyona yo muri iki gihugu yasojwe, yageze mu Rwanda mu rukerera saa saba na 15. Na we ari mu kato kuri The Mirror Hotel.
Aba bakinnyi bombi bakaba bapimwe Coronavirus, biteganyijwe ko basanze nta kibazo bafite saa 10h barahita basanga abandi mu mwiherero.

Ibitekerezo