Imyidagaduro

Zari yahamije ko atagikeneye abasore bameze nka Diamond

Zari yahamije ko atagikeneye abasore bameze nka Diamond

Zari Hassan uhamya ko ari umugore wirwanyeho yishongoye kuri Diamond Platnumz wahoze ari umukunzi we, avuga ko ku rwego agezemo uyu muhanzi atakiri mu bo yasekera ngo abakunde.

Zari ukunda kwiyita Bossy Lady yasezeye kuri Diamond kuri Saint Valentin ya 2018, yagiye avuga ko arambiwe kubabazwa no guhora ahanganye n’abagore uyu muhanzi yakururanaga na bo. Kuri Saint Valentin ya 2019, Zari yarongeye atungura abantu abereka umukunzi mushya wamenyekanye ku izina rya ‘Danny Kals.’

Yabikoze mu buryo bw’amarenga kuri SnapChat ndetse akerekana uyu musore igice cyo hasi mu maso atagaragara, ibi byatumye abamukurikira bazi gucukumbura bajagajaga amafoto ye kugeza bamuguyeho ndetse binjira no muri konti ye ya Instagram.

Ubu noneho Zari yanditse amagambo acyurira Diamond Platnumz ku mbuga nkoranyambaga ze. Yagize ati “Gukura ni igihe uwo mwatandukanye atakiri mu murongo w’abasore mwakundana.” Ntabwo yatangaje icyo anenga imiterere ye.

Diamond yakanyujijeho na Zari biratinda ndetse babyaranye abana babiri, uwa mbere bamwise Latiffah Naseeb [Dangote] yavutse ku wa 6 Kanama 2015, yakurikiwe n’umuhungu bise Prince Nillan Dangote wavutse ku wa 6 Ukuboza 2016.

Aba ku mugore biyongera ku bandi batatu yabyaranye na nyakwigendera Ivan Semwanga wari inshuti y’umusore bari gukundana ubu, barimo Pinto, Quincy n’uwitwa Didy.

Umutima wa Diamond muri iki gihe wigaruriwe n’ikizungerezi muri Kenya, Tanasha Donna, umukobwa ufite inkomoko ku mutaliyani. Uyu mukunzi we mushya bagombaga no gukora ubukwe kuri Saint Valentin ariko babyigizayo mu gihe kitazwi.

Zari yeruye ko atagikeneye abasore bameze nka Diamond usigaye ukundana na Tanasha Donna
Zari ari mu buryohe n’uwahoze ari inshuti y'umugabo we witabye Imana
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

IZASOMWE CYANE

To Top