Ishyamba si ryeru muri Rayon Sports ni nyuma y’uko umutoza Haringingo Francis atifuza Youssef Rharb ahubwo agashaka rutahizamu ni mu gihe ubuyobozi bw’iyi kipe bwo bwifuza ko uyu munya-Maroc ari we waza.
Rayon Sports yari isigaranyemo imyanya 2 yonyine, yaguze Luvumbu ikaba isigaranye umwanya umwe wonyine.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports buheruka gutangaza ko uyu mwanya ari uwa rutahizamu nimero 9 ko Youssef we yazaza ari uko FERWAFA yemeye kongera umubare w’abakinnyi.
Amakuru avuga ko iki cyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bitewe n’umutoza Haringingo Francis wababwiye ko Youssef atari we ukenewe ahubwo hakenewe rutahizamu nimero 9.
Ibi kandi ku wa Gatatu yongeye kubishimangira ubwo Rayon Sports yari isubukuye imyitozo avuga ko Youssef atazaza.
Hariningo yagize ati “Kubyerekeye Yousef, twasabwe guhitamo kuko ni umukinnyi mwiza twaramwifuzaga ariko twari dufite imyanya 2, tureba ahantu twaba dukeneye umuntu cyane kuruta ahandi, tubona ko ari mu busatirizi ni cyo cyatumye tuvuga ngo dushake nimero 9 kuko ni ho dufite abantu bake cyangwa dushaka kongeramo imbaraga, ku ruhande dufite abantu benshi, hagati dufite benshi iyo biba bishoboka na Youssef yari kuza ariko nta kundi ni iyo myanya twari dufite."
Ibi ariko ntabwo abihurizaho na bamwe mu bayobozi b’iyi kipe babwiye perezida wa Rayon Sports ko nyuma y’uko rutahizamu Moro bari bashimye wa Etincelles FC batumvikanye kubera amafaranga yabuze yo kumwishyura batahita bihutira kuzana undi batazi, batanabonye bishobora kubabera nk’abo baguze ntibatange umusaruro.
Basabye perezida wa Rayon Sports ko n’ubwo umutoza atabishaka akwiye gufata umwanzuro akazana Rharb Youssef (bivugwa ko n’itike y’indege bamaze kuyimwoherereza) kuko ari umukinnyi aba-Rayon bazi kandi bakunze ufite icyo yafasha ikipe.
Ni ibintu umutoza adakozwa cyane ko we yifuza rutahizamu aho hari n’ukomoka muri DR Congo, Mindeke Fukiani urimo gukora igeragezwa.
Ibi kandi bikajyana n’uko Haringingo Francis hari bamwe muri komite ya Rayon Sports bamukuyeho amabako bitewe n’umusaruro we mu mikino ibanza ya shampiyona ya 2022-23 aho ubu yahawe imikino 3 ibanza mu mikino yo kwishyura (phase retour).

Ibitekerezo
pracide
Ku wa 7-01-2023Andika Igitekerezo Hano yusefu rab turamushaka
NIYONSHUTIPOTIEN
Ku wa 7-01-2023BAZANE YUSEFU RAB