Siporo

Shampiyona mu Rwanda zashyizweho akadomo

Shampiyona  mu Rwanda zashyizweho akadomo

Nyuma y’uko FERWAFA yari yamenyesheje CAF n’abanyamuryango ba yo ko hazafatwa umwanzuro w’uko shampiyona umwaka w’imikino wa 2019-2020 izasozwa mu mpera z’uku kwezi, amakuru ahari avuga ko nta bikorwa by’imikino bizongera kubaho mu Rwanda mbere ya Nzeri 2020.

Ibi ni bimwe mu byavuye mu nama yahuje Minisiteri ya Siporo n’abayabozi b’amafederasiyo mu mikino itandukanye mu Rwanda tariki ya 5 Gicurasi 2020, bakaba baremeranyijwe ko nta gikorwa cya siporo kizakorwa mbere ya Nzeri 2020, ni mu rwego rwo gukomeza kwirinda icyoreo cya COVID-19.

Ibi bivuze ko igikombe cy’Amahoro ndetse na shampiyona mu mupira w’amaguru umwaka w’imikino wa 2019-2020 imikino yari isigaye itazaba igiye gushyirwaho akadomo kimwe no mu y’indi mikino yose.

FERWAFA n’ubundi yari yamenyesheje CAF n’abanyamuryango ba yo ko izafata umwanzuro ku kizaba kuri shampiyona igendeye kuri gahunda leta izashyiraho mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Bivuze ko ibisubizo bijyanye no gusoza shampiyona ari bibiri gusa aho kuba bitatu nk’uko byari bimeze. Hari ugusesa shampiyona igikombe ntigitangwe, cyangwa se igikombe kikaba cyahabwa ikipe ya mbere ku rutonde kugeza uyu munsi, byose bikaba bizava mu bitekerezo bizatangwa n’abanyamuryango ba FERWAFA mu nama izabahuza muri iki cyumweru nk’uko FERWAFA yabibamenyesheje.

Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda yahagaze tariki ya 14 Werurwe 2020, amakipe amwe yari amaze gukina imikino 23 andi 24, APR FC ni yo yari iyoboye urutonde n’amanota 57, Rayon Sports 51.

Imikino yose izongera gusubukurwa muri Nzeri 2020
)

Tanga igitekerezo

Ibitekerezo

  • -xxxx-
    Ku wa 7-05-2020

    kabisa igikombe bazajyihe ikipe ya mbere

IZASOMWE CYANE

To Top